M23 yigaruriye Masisi Centre, FDLR irahunga

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu watangaje ko wigaruriye Centre ya Masisi, nyuma yo kuyirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo ririmo FARDC na FDLR. Umuvugizi w’ishami rya Politiki ry’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, yemeje aya makuru abinyujije mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Nyuma y’itangazo rya AFC ryo ku wa […]

Umugore wari ukuze cyane ku isi yapfuye

Umugore w’Ubuyapani, Tomiko Itooka wari ufite imyaka 116 n’agahigo ko kuba umuntu ukuze kurusha abandi ku Isi, yapfuye ku wa 29 Ukuboza 2024. Urupfu rwe rwemejwe n’inzego z’ubuzima kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Mutarama 2025. Tomiko, wavukiye mu Mujyi wa Osaka mu Buyapani ku wa 23 Gicurasi 1908 yari yarahawe agahigo na Guinness […]

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu yabonye ikipe i Burayi

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Innocent Nshuti yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri mu ikipe yo muri Azerbaijani, Zira FK ikinamo umunyarwanda mugenzi we Ange Mutsinzi akaba n’inshuti ye y’igihe kirekire. Nshuti ukinira ikipe y’igihugu ya Rwand, yemeje aya makuru mu kiganiro n’abanyamakuru mbere y’uko yerekeza muri Azerbaijani mu ndege ya RwandAir ku mugoroba wo kuwa Gatanu […]

Ibintu 5 wakora bikagufasha guhorana amenyo y’urwererane

Kugira amenyo y’urwererane nk’urubura, biri mu byifuzwa na benshi, ahanini bitewe n’uko bigaragaza inseko nziza, ubwiza ndetse no kugaragara neza kurushaho mu bandi. Uretse ibi kandi isuku yo mu kanwa ni ingenzi cyane, kuko igira uruhare mu buzima bw’umubiri wose muri rusange. Amenyo asa nabi, ariho ibisa n’umuhondo cyangwa umukara, kunuka mu kanwa, kuva amaraso […]

Mu Bushinwa hadutse icyorezo cyandura cyane kurusha Covid-19

Itangazamakuru ry’Ubushinwa ryatangaje ko hari ubwiyongere bw’ubwandu bwa virusi yitwa Human Metapneumovirus (HMPV) cyane cyane mu bana bari munsi y’imyaka 14 bo mu bice by’amajyaruguru. Virusi ya HMPV ishobora kugaragaza ibimenyetso birimo inkorora, umuriro, ibicurane, guhumeka insigane, n’ibisebe mu muhogo, nk’uko bivugwa n’ikigo Cleveland Clinic. N’ubwo umuntu wese ashobora kuyandura, abana bari munsi y’imyaka itanu […]

Impamvu RNP igiye gukoresha drones mu kugenzura umutekano wo mu muhanda 

Polisi y’u Rwanda ku wa Gatanu yatangaje ko igiye gukoresha ikoranabuhanga ry’utudege tutagira abapilote tuzwi nka drones, mu gucunga umutekano wo mu muhanda no kugenzura ibyaha n’amakosa yo mu muhanda. Ni ikoranabuhanga rishya ryiyongera ku rya Camera zo ku muhanda zizwi nka Sofia Polisi isanzwe ikoresha. Amakuru y’ikoreshwa rya drones yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi, ACP […]

U Burundi bwabwiye u Rwanda ko kuba bwaba bukorana na FDLR bitarureba

Leta y’u Burundi biciye muri Reverien Ndikuriyo usanzwe ari Umunyamabanga w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, yatangaje ko u Rwanda rudakwiye kugaragaza impungenge zo kuba yaba ikorana n’umutwe wa FDLR, ngo kuko nta burenganzira rufite bwo kwivanga mu bibazo bya Congo. Ndikuriyo yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukuboza, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye […]

Umupfumu yinjiriye Rayon Sports

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée yatangaje amakuru ateye inkeke ajyanye n’imyitwarire y’umukinnyi Aruna Madjaliwa uvugwaho kwanga gukina umukino wa Musanze FC kubera inama yahawe n’umupfumu. Twagirayezu yabitangaje ubwo yari mu kiganiro n’itsinda ry’abafana ba Rayon Sports ryitwa “Dream Unity Fan Club.” Yavuze ko Madjaliwa yari ku rutonde rw’abakinnyi bagombaga kwitabira uwo mukino, ariko asaba […]

Nicki Minaj arashinjwa gukubita umugabo

Umuraperikazi Nicki Minaj arashinjwa n’umujyanama we, Brandon Garrett kumukubita ndetse no kumutuka ubwo  bakoranaga muri gahunda z’urugendo rw’ibitaramo bye muri Mata 2024. Garrett, wiyise umujyanama wa Nicki muri icyo gihe yashyikirije ikirego inkiko abifashijwemo n’umunyamategeko Thomas Feher aho ashinja Nicki kumukubita no kumutera ubwoba nyuma y’igitaramo cyabereye mu mujyi wa Detroit. Nk’uko TMZ yabitangaje umwunganizi […]

Gakenke: Uwari ugiye mu bukwe yapfiriye mu mpanuka

Mubano Alain w’imyaka 34 wari utuye mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyabagarura, yapfuye azize impanuka ya moto ubwo yari mu rugendo ava mu Karere ka Gakenke ajya i Musanze ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 3 Mutarama 2025. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Muhororo, Akagari ka Muhororo, hafi y’ahazwi nko […]