Burundi: Abahataniye ikamba rya Nyampinga bakoze impanuka

Ubuyobozi bw’ikinyamakuru Ingo Magazine bushinzwe gutegura amarushanwa ya Nyampinga w’u Burundi 2025 ( Miss Burundi 2025 ), bwatangaje ko abakobwa bari muri iryo rushanwa baraye bakoze impanuka ubwo bavaga mu Ntara ya Gitega ahabereye irushanwa. Iyo mpanuka yabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru Tariki ya 9 Werurwe 2025, ubwo abakobwa 20 bari mu irushanwa rya […]

Sinshobora kurwana n’umugabo wanjye – Sandra Teta

Umugore w’umuhanzi Weasel, Sandra Teta yatangaje ko atazigera ajya impaka n’umugabo we ku bijyanye n’umutungo kuko umutungo aba ari uwo guha ejo heza abana babo. Ibi yabigarutseho ubwo yavugaga ku bwumvikane bushya bwagaragaye hagati ya Mary Nambwayo na Suuna Ben, bombi bari bamaze amezi menshi mu nkiko bahanganye ku kibazo cy’ugomba kwandikwaho ubutaka. Sandra Teta […]

Darko Novic utoza APR FC yatangariye ubuhanga bwa Muhire Kevin

Umutoza wa APR FC, Darko Novic yashimye cyane kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin avuga ko ari umwe mu bakinnyi beza muri shampiyona y’u Rwanda. Ibi yabivuze nyuma y’umukino wa derby warangiye amakipe yombi anganyije 0-0 kuri Stade Amahoro, ku munsi wa 20 wa shampiyona. Novic yavuze ko umukino wa derby utapfa kugena uko urarangira ndetse […]

Ubwoba bw’intambara ikomeje gututumba mu kindi gihugu cya EAC

Ibihugu by’amahanga bikomeje kugira impungenge z’uko intambara ishobora gututumba muri Sudani y’Epfo, nyuma y’umwuka wongeye kuba mubi mu ihuriro riyoboye iki gihugu. Impungenge z’uko Sudani y’Epfo ishobora gusubira mu ntambara ya gisivile zabaye nyinshi, nyuma y’imirwano iheruka kubera muri Leta ya Upper Nile. Ni imirwano yasakiranyije ihuriro rishyigikiye Perezida Salva Kiir n’izishyigikiye Visi-Perezida we, Riek […]

Abayobozi 3 b’Ishyaka rya Kabila bahamagajwe n’ubuyobozi

Kuri uyu wa mbere, itariki ya 10 Werurwe, abayobozi benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi bo mu ishyaka ry’abaturage riharanira iterambere (PPRD) bahamagajwe n’Umushinjacyaha wa gisirikare. Mu bantu bahamagajwe harimo Visi-Perezida wa PPRD, Aubin Minaku, Umunyamabanga Uhoraho w’iri shyaka, Ramazani Shadary, n’umwungirije, Ferdinand Kambere. Ukurikije ubutumire bushobora gusomwa ku mbuga nkoranyambaga, barahamagarirwa kugira ibyo basobanurira ubutabera, nta […]

Shakib yasabye imbabazi Zari nyuma yo kumuca inyuma

Shakib Lutaaya yasabye imbabazi ku mugaragaro nyuma y’amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza ari kumwe n’umugore utazwi, bikaviramo abantu kuvuga ko yaba yaciye inyuma Zari Hassan. Aya mashusho yagaragaye vuba aha, aho Shakib yari ari kuganira ndetse anakora ku mugore utatangajwe amazina. Abantu benshi bayafashe nk’ikimenyetso cy’ubusambanyi, bituma hibazwa ku mubano we na Zari. Mu […]

Canada yabonye Minisitiri w’Intebe mushya

Ishyaka ry’aba-Libéraux riri ku butegetsi muri Canada ryatoye Mark Carney ngo ariyobore, akazahita aba na ministiri w’intebe w’icyo gihugu. Ni nyuma y’uko Justin Trudeau wari Minisitiri w’Intebe, yeguye ku buyobozi bw’ishyaka no ku mwanya wa ministiri w’intebe mu kwezi kwa mbere uyu mwaka. Carney w’imyaka 59, yatowe n’abagize ishyaka rye ku majwi 85.9 kw’ijana. Yari […]

M23 yigaruriye Nyabyondo

Umutwe wa M23 ku Cyumweru tariki ya 9 Werurwe, wigaruriye agace ka Nyabyondo ko muri Teritwari ya Masisi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. M23 yigaruriye aka gace, nyuma y’imirwano ikomeye yasakiranyije ingabo zayo n’Ingabo za Leta ya RDC (FARDC) zafashwaga n’inyeshyamba zo mu mutwe wa APCLS wa Gen Janvier Karairi. Agace ka Nyabyondo M23 […]