Gen. Muhoozi yongeye guca amarenga y’uko UPDF ishobora kwinjira mu ntambara ya FARDC na M23

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yongeye guca amarenga y’uko mu gihe intambara yeruye izaba yongeye kubura hagati y’umutwe wa M23 n’Ingabo za Leta ya RDC ingabo ayoboye zishobora kuyinjiramo. Uyu musirikare yabitangaje mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Kanama 2025. Yagize ati: “Mu […]
Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu nama idasanzwe ya EAC na SADC

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi bahuriye mu nama idasanzwe ihuriweho n’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu. Iyo nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu n’aba za guverinoma bo mu miryango yombi, yari igamije gusuzuma aho ibintu bigeze […]
Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo abanyamakuru n’abasirikare

Urukiko rw’ibanze rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abantu 28 barimo abasirikare batatu, abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) n’abasivili batatu bazwi mu itangazamakuru ry’imikino. Muri bo harimo Captain Peninah Mutoni, Captain Peninah Umurungi, CSP Sengabo Hillary, CSP Mukantabana Olive, ndetse n’abanyamakuru Ndayishimiye Reagan (Rugaju), Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro. Bose bashinjwa ubufatanyacyaha mu […]
RDC: Uwari minisitiri w’ubutabera yasabiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

Urubanza ruregwamo uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, rwakomeje mu ruhame kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Kanama 2025, aho umushinjacyaha yasabiye uregwa igihano cy’imyaka 10 y’imirimo y’agahato kubera kunyereza miliyoni 19 z’amadolari ya Amerika yari agenewe kubaka gereza i Kisangani. Umushinjacyaha yasobanuye ko uregwa yakoresheje uburyo bw’amasezerano n’abikorera aho gutanga isoko rya Leta, […]
U Bushinwa bwacanye umubano na Perezida wa Czech kubera gusura Dalai Lama

U Bushinwa buravuga ko bwamaganye bikomeye imyitwarire ya Reubulika ya Czech nyuma y’uko Perezida Petr Pavel yerekeje mu Buhinde gushimira Dalai Lama ku myaka 90 amaze avutse. Beijing ivuga ko yahagaritse umubano wose na Perezida wa Czech, Petr Pavel kubera ko aherutse guhura na Dalai Lama, ibikomeza kuzambya umubano bivugwa ko utifashe neza hagati ya […]
Nyamirambo: Hatangiye urubanza ruregwamo abanyamakuru n’abasirikare

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Kanama 2025, Urukiko rw’Ibanze rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo hatangiye urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasirikare n’abasivili bakekwaho Ubufatanyacyaha mu gutanga inyandiko utemerewe no mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe. Ibyaha baregwa bifitanye isano n’amatike y’indege yaguzwe kuri konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Mu basivile […]
Umuvugizi wa RCS mu bari kuburana mu rubanza rurebana na APR FC
Ku wa 13 Kanama 2025, Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abantu 29 barimo abofisiye b’Ingabo z’u Rwanda (RDF), abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), ndetse n’abasivili. Bose bakurikiranyweho ibyaha bikomoka ku buryo haguzwe amatike y’indege hifashishijwe konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi byaha bivugwa ko bifitanye isano n’urugendo rwa APR […]
Imbonerakure ziri muri DRC zirashinja Leta y’ ‘Uburundi kutabaha ibyo bumvikanye

Hakomeje kumvikana amakuru avuga ko hashize amezi umunani , Imbonerakure z’ishyaka riri kubutegetsi CNDD zivuga ko zidahembwa nkuko za zasezeranijwe na Leta y’u Burundi, nyuma y’aho zagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo gufasha FARDC kurwanya M23. Imbonerakure zivuga ko zinjijwe mu gisirikare cy’u Burundi basezeranywa amadorari 500 y’Amerika hamwe n’ubufasha bw’ibiribwa. Ikinyamakuru SOS Media […]
Brazil yiyemeje gukarishya Ingabo za FARDC mu bijyanye n’imirwanire yo mu mashyamba

Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Brazil byashyize umukono ku masezerano mashya mu by’ubwirinzi agamije kuzamura ubufatanye mu bya gisirikare no kongerera ingufu FARDC. Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ingabo, Guy Kabombo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Kanama, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Brazil, José Múcio Monteiro, mu murwa mukuru, Brasília. Ibiganiro byibanze […]
Uganda: Abakongomani bafungiwe gucuruza Zahabu z’ibicupuri

Ku wa 12 Kanama 2025, inzego z’umutekano muri Uganda, ari zo Ishami ryo Kurwanya Ruswa rya Perezidansi ku bufatanye n’Ishami rya Polisi rishinzwe Ubugenzacyaha (CID), zataye muri yombi abantu barindwi barimo Abanyekongo bane n’Abanya-Uganda batatu bakekwaho uburiganya bwo kwambura umucuruzi w’Umunyanijeriya, Mark Gbillah, amadolari ya Amerika 70,000 (asaga miliyoni 93 Frw). Aba bakekwaho icyaha bashinjwa […]