U Bufaransa bwahambirije abadipolomate babiri ba Mali

U Bufaransa bwatangaje ko bwahagaritse ubufatanye mu kurwanya iterabwoba na Mali kandi butegeka abadipolomate babiri ba Mali kuva ku butaka bwabwo. Buravuga ko ari mu rwego rwo gusubiza ifatwa ry’umukozi wa dipolomasi y’u Bufaransa wafatiwe i Bamako muri Kanama, nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’u Bufaransa (AFP) byabitangaje kuri uyu wa Gatanu bibikesha dipolomasi y’u Bufaransa. Abadipolomate […]

U Rwanda rushobora kuba igihugu cya mbere muri Afurika gifite ibirindiro bya gisirikare mu kindi gihugu

Amakuru akomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga ataremezwa n’urwego urwo ari rwo rwose rubishinzwe, aravuga ko u Rwanda rwaba ruteganya kugira bwa mbere ibirindirindo bya gisirikare mu kindi gihugu cya Afurika nyuma y’aho rukomeje kwigaragaza mu kubungabunga amahoro hirya no hino ndetse no gutabara ibindi bihugu ku masezerano hagati y’ibihugu. Aya makuru avuga ko amasezerano y’ubufatanye […]

Kalisa Adolphe ‘Camarade’ yageze mu rukiko atiteguye

Kalisa Adolphe uzwi nka Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yaburanye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo. Camarade ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo yageze ku rukiko ari mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Iburanisha ry’urubanza rwa Kalisa ryatangiye nta bantu benshi baryitabiriye uretse abari kumwe na we […]

Umva icyo umunyamatego avuga ku kibazo cya Chantal n’uwahoze ari Minisiteri wamubeshye kumurongora

Urubanza rudasanzwe ruri imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangiye tariki ya 16 Nzeri 2025, aho Muganga Chantal w’imyaka 44 arega Dr Ernest Nsabimana, wahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo, amushinja kumubeshya urukundo bikarangira amusigiye ibikomere byo mu mutima. Chantal avuga ko yamaze imyaka myinshi yizeye ko Nsabimana azamurongora, ariko byaje kurangira ashatse undi mugore, baza ni kubyarana. […]

Sukhoi-25 na CH-4 za FARDC zaramutse zirasa bikomeye i Masisi

sukhoi bwiza

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri, cyaramutse kirasa mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Masisi gikoresheje indege na drones z’intambara. Amakuru ya biriya bitero byagabwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu hakoreshejwe indege zo mu bwoko bwa Sukhoi-25 na drones za CH-4, yemejwe n’umuvugizi […]

Ba Komanda ba RDF na TPDF bakorera ku mupaka basoje inama bakoreraga muri Ngara

Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Nzeri, Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Brigade ya 202 y’Ingabo za Tanzania (TPDF) baksoje inama y’umutekano, y’abayobozi b’ingabo bakorera hafi y’umupaka, bakoreraga mu Karere ka Ngara, muri Tanzaniya. Iyi nama yashojwe impande zombi zishimira intambwe imaze guterwa kuva bahura bwa mbere mu nama yibanze ku guhagarika […]

Burundi: Cholera iri kuvuza ubuhuha mu Ntara ya Bujumbura

Kuva mu ntangiriro za Nzeri, abantu 226 bamaze kwandura cholera muri komini za Cibitoke na Bukinanyana, mu Ntara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’u Burundi. Ibigo byita ku barwayi byarengewe ubu birahabwa inkunga n’abaganga batagira umupaka (MSF), kubera ko iki cyorezo cyiyongera, bitewe no kubura amazi meza n’ibikorwa remezo by’isuku. Icyorezo cya cholera kirimo kwiyongera mu […]

Ghana: Abimukira boherejwe na Amerika bahise bafungwa

Igihugu cya Ghana kiravugwaho gufunga bamwe mu bimukira giherutse kwakira boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri ubu bajyanye leta y’iki gihugu mu nkiko. Umunyamategeko Oliver-Barker Vormawor, wunganira abantu 11 bafungiwe muri Ghana nyuma yo koherezwa bavuye muri Amerika, yabwiye BBC ko bareze leta y’icyo gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba. Uyu munyamategeko avuga ko […]

Umukobwa wa Paul Biya yahamagariye abanya-Caméroun kutazatora se

Umukobwa wa Perezida Paul Biya wa Caméroun, Brenda Biya, yahamagariye abanya-Caméroun kutazatora se mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi gutaha. Ku wa 12 Ukwakira ni bwo abanya-Caméroun bazatora Umukuru w’Igihugu, mu matora Paul Biya w’imyaka 92 umaze 43 abayobora azahatanamo. Umukobwa w’uyu mukambwe biciye mu mashusho yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko atacyibona […]