Gen Allain Guilaume Bunyoni yajyanywe mu bitaro

Gen Bunyoni yajyanywe igitaraganya mu bitaro bikuru by’umurwa mukuru Gitega arinzwe n’imodoka 8 z’abashinzwe umutekano , nyuma y’iminsi atabarizwa n’imiryango irengera uburenganzira bwa muntu. Amakuru aturuka i Burundi atangazwa na Pacifique Nininahazwe impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu  i Burundi, avuga ko Bunyoni yajyanywe kwa muganga aherekejwe n’imodoka umunani z’abakozi b’iperereza, ndetse n’abarinda umukuru w’igihugu. Mu cyumweru […]

Umuntu ugira ikibazo ku rusaku rw’ingoma irimo ubusa na we aba afite ikibazo: P. Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nta muntu ukwiriye kugira ikibazo ku rusaku rw’ingoma irimo ubusa, ko ahubwo icyiza ari ukuyireka igatambuka cyangwa ukayibisa. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Ukwakira, nyuma y’amasaha make Tshisekedi amusabiye i Bruxelles mu Bubiligi “gutegeka ingabo za M23 guhagarika ubushyamirane”. Tshisekedi ubwo yagezaga ijambo ku bakuru […]

Turkiya: Intumwa za RDF zaganiriye n’abashinzwe inganda za gisirikare

Muri iki cyumweru, itsinda ryari riyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig Gen Célestin Kanyamahanga, ryagiranye ibiganiro n’Ubunyamabanga bushinzwe inganda za gisirikare mu gihugu cya Turkiya, mu murwa mukuru, Ankara.   Nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kane na Minisiteri y’Ingabo ku rukuta rwayo rwa X, Intego y’ibi biganiro yari ugushimangira ubufatanye mu bijyanye n’inganda za […]

U Rwanda rwamaganye Tshisekedi washinje ibinyoma akanasebya Perezida Kagame

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yamaganye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wifashishije inama ya Global Getaway Forum mu gutangaza ibinyoma kuri Perezida Paul Kagame ndetse no kumusebya. Nduhungirehe yasubizaga ku magambo Tshisekedi yavugiye i Bruxelles mu gihugu cy’u Bubiligi, aho yasabiye Perezida Paul Kagame “gutegeka ingabo za […]

Ya kipe yo mu Burundi yahaniwe kutambara “VISIT RWANDA” yanze kwishyura

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Burundi, Fédération de Basketball du Burundi (FEBABU), ryatangaje ko ikipe ya Dynamo BBC itazitabira irushanwa rya Road to BAL 2025 riteganyijwe kubera i Dar es Salaam muri Tanzaniya kuva ku itariki ya 15 kugeza ku ya 20 Ukwakira 2025. Nk’uko iri shyirahamwe ryabitangaje, iyi kipe ntiyubahirije zimwe mu ngingo z’amategeko […]

Gasabo: Urukiko rwapfundikiye urubanza rw’abagabo 2 bashinjwa kwica abagore babo

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishiirije mu ruhame abagabo babiri bakurikiranweho kwica abagore babo barimo umugabo w’imyaka 25 wishe umugore we amukubise ikibando ndetse n’undi w’imyaka 40 y’amavuko wishe umugore we amubise ishoka. Imanza zombi zaburanishirijwe aho icyaha cyakorewe mu Kagali ka Ramiro, Umurenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera.  Uregwa w’imyaka 25 akurikiranweho kuba mu […]

Umusirikare wa UPDF yishwe arinze amafi 

Umusirikare wo mu ngabo za Uganda (UPDF), Staff Sergeant Muhindo Johnson, yapfuye azize ibikomere yakomerekeye mu gitero cy’abagabo bitwaje intwaro bagabye ku borozi b’amafi bo kuri Rweshama Landing Site, ku nkengero z’ikiyaga cya Edward, mu karere ka Rukungiri mu burengerazuba bwa Uganda. Nk’uko byatangajwe na Major Kiconco Tabaro, umuvugizi w’ingabo za UPDF mu ishami rya […]

FARDC irigamba gusenya ikiraro cya Minjenje cyendaga kuzuzwa na AFC/M23

Mu ijoro ryo kuwa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane, itariki 9 Ukwakira, Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zongeye gukoresha indege zibasira ikiraro cya Minjenje, kiri hagati ya teritwari za Walikale na Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Ni ku nshuro ya gatatu ibikorwa remezo biri kubakwa na AFC/M23 byibasiwe, bivugwa ko ishishikajwe no […]

Tshisekedi yinginze Perezida Kagame ngo ategeke Ingabo za M23 kureka gukomeza intambara

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Perezida Paul Kagame “gutegeka ingabo z’umutwe wa M23 kureka gukomeza intambara” uhanganyemo n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC. Tshisekedi yabisabiye i Bruxelles mu Bubiligi, aho we na Perezida Paul Kagame bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yiga uko Isi yarushaho kwegerana, no gukemura ibibazo bitandukanye bishingiye […]

Ihuriro riteje akaga ry’umuryango wa Tshisekedi n’abasahuzi ba Cobalt – Iperereza

Mu iperereza ryabo bise “Ihuriro riteje akaga ry’umuryango wa Tshisekedi hamwe na Cartels y’abasahuzi ba Cobalt,” Joan Tilouine na Olivier Liffran ba Africa Intelligence bavuze ku isano iri hagati ya Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ubucuruzi bwa cobalt butemewe. Iri perereza ryatanzweho ibitekerezo bitandukanye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kandi rishyira ahagaragara […]