ITANGAZO RYO GUHINDURA IZINA AKITWA ABEZA Heureuse
Afghanistan iravuga ko yishe abasirikare 58 ba Pakistan mu kwihorera

Guverinoma y’Abatalibani muri Afghanistan yemeje ko yagabye ibitero ku Ngabo za Pakistan mu duce dutabdukanye tw’imisozi ku mupaka w’amajyaruguru. Umuvugizi w’Abatalibani yavuze ko abasirikare 58 ba Pakistan bishwe mu cyo bise “igikorwa cyo kwihorera”. Yavuze ko Pakistan yavogereye ikirere cya Afghanistan kandi igatera ibisasu mu isoko riri ku butaka bwayo ku mupaka kuwa Kane nk’uko […]
Buruseli: Tshisekedi yakuriye inzira ku murima abagitekereza ibiganiro

Kuri uyu wa Gatandatu, mu kiganiro yagiranye n’Abanyekongo baba mu Bubiligi i Buruseli, Perezida Félix Tshisekedi, yatangaje ko atizigera na rimwe yemera kugirana ibiganiro n’abo yise “intumwa z’ababateye”. Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, imbere y’Abanyekongo baba mu Bubiligi, yamaganye kandi icyo yise itekinika ku bijyanye n’umuhamagaro w’ibiganiro hagati y’Abanyekongo nyuma yo gusobanura […]
Rubavu: Green Party yibukije abayoboke impamvu bahisemo kutavuga rumwe n’ubutegetsi

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 12 Ukwakira 2025, Ibikorwa by’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) byakomereje mu Karere ka Rubavu ahatangijwe ku mugaragaro inama y’abarwanashyaka b’iri shyaka yafunguwe na Hon. Mugisha Alexis mu izina rya Perezida w’ishyaka, Hon. Dr Frank Habineza. Hon. Mugisha akaba yibukije impamvu bahisemo kuba ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi. Muri iyi […]
Amerika n’u Bubiigi byashimye icyemezo cya RDC cyo kwitandukanya na FDLR

Kuri uyu wa Gatandatu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishimiye umuhamagaro w’abategetsi ba Congo bahamagariye abarwanyi b’umutwe wa FDLR gushyira intwaro hasi, kuko ari intambwe ifatika mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro ya Washington hagati ya DRC n’u Rwanda. Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bibazo bya Afurika, Massad Boulos yagize ati: “Twishimiye icyifuzo cya […]
Madagascar: Perezidansi iravuga ko hari abarimo kugerageza gufata ubutegetsi ku ngufu

Kuri iki Cyumweru, itariki 12 Ukwakira 2025, Perezidansi ya Madagascar yavuze ko mu gihugu hari “ugushaka gufata ubutegetsi mu buryo butemewe kandi hakoreshejwe ingufu” birimo gukorwa, nta bisobanuro birambuye itanze, nyuma y’umunsi umwe bamwe mu basirikare binjiye mu myigaragambyo yatangiye mu kwezi gushize. Ingabo zo mu mutwe w’indashyikirwa uzwi nka CAPSAT zafashije Perezida Andry Rajoelina […]
USA: Ibirindiro bya gisirikare Qatar igiye kubaka muri Idaho byateje umwiryane

Abashyigikiye Trump barakaye nyuma y’uko Minisitiri w’intambara, Pete Hegseth, atangaje gahunda ya Qatar yo kubaka no gutera inkunga ikigo gishya cy’imyitozo y’ingabo zirwanira mu kirere ku birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere byo muri Idaho. Ni ikigo biteganyijwe ko kizahugura abapilote ba Qatar mu gukoresha indege z’indwanyi za F-15 zikorwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, […]
Makuza ayoboye indorerezi za AU zoherejwe gukurikirana amatora yo muri Cameroun

Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe (AUC) yohereje ubutumwa bw’indorerezi z’amatora (AU EOM) muri Cameroun mbere y’amatora ya perezida ateganijwe kuri iki Cyumweru, itariki ya 12 Ukwakira. Indorerezi zoherejwe na AU ziyobowe n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na Perezida wa Sena, Bernard Makuza. Nk’uko byatangajwe na AUC ku itariki ya 10 Ukwakira, intego y’ubutumwa yari […]
Ingabo za Amerika zatangiye kugera muri Israel guhagarikira ihagarikwa ry’imirwano

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye kugera muri Israel kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano hagati ya Israel na Hamas muri Gaza. Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuze ko abasirikare 200 bazaba hariya gushyiraho ikigo gishinzwe guhuza ibikorwa bigamije koroshya iyoherezwa ry’imfashanyo z’ubutabazi, ndetse n’ubufasha bw’ibikoresho n’umutekano. Kuri uyu […]
Imirwano ya FARDC na Wazalendo i Kamitunga yiciwemo umusirikare na komanda wa polisi

Ubuzima bwongeye gukomeza mu gitondo cyo ku itariki ya 11 Ukwakira 2025, mu mujyi wa Kamituga, muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano hagati ya FARDC na Wazalendo muri Gurupoma ya Shikito. Nk’uko bitangazwa na benshi mu bagize sosiyete sivile, urusasu rwa nyuma rwumvikanye mu majyepfo ya Kamituga ku gicamunsi cyo ku itariki ya 10 […]