Abasirikare kabuhariwe ba Madagascar bakoze Coup d’état

Umutwe w’abasirikare badasanzwe ba Madagascar, kuri uyu wa Kabiri watangaje ko wakuyeho ubutegetsi bw’iki gihugu. Uyu mutwe wabitangaje nyuma y’imyigaragambyo yari imaze iminsi mu guhugu yatumye Perezida Andry Rajoelina ahunga. Umutwe wa CAPSAT nyuma yo guhirika ubutegetsi wahise uhagarika inzego zose z’ingenzi mu gihugu, gusa utanga isezerano ry’uko muri iki gihugu hagomba kuba amatora mu […]
Guverinoma ya Congo na AFC/M23 byasinye amasezerano

Intambwe ifatika imaze guterwa mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 14 Ukwakira 2025, Guverinoma ya Congo n’umutwe w’inyeshyamba wa AFC / M23 bashyize umukono ku masezerano ku buryo bwo kugenzura ihagarikwa ry’imirwano. Uyu muhango wabereye imbere y’abunzi ba Qatar kimwe n’abafatanyabikorwa benshi bo […]
Perezida Ruto yagaragaye mu mpuzankano ya gisirikare ku Munsi wa KDF – Amafoto

Perezida wa Kenya, William Ruto, kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Ukwakira 2025 yashyizemo impuzankano ya gisirikare ubwo yari agiye kuyobora umunsi wahariwe igisirikare cy’iki gihugu (KDF Day) mu birindiro bya gisirikare byitiriwe Moi muri Eldoret. Ingabo z’igihugu cya Kenya (KDF) kuri uyu wa Kabiri zizihije umunsi wazo ku nshuro ya 14 ku kigo cya […]
Leta ya Zambia yahagaritse inkunga yahaga ikipe y’igihugu kubera umusaruro nkene

Leta ya Zambia yatangaje ko yahagaritse inkunga y’amafaranga yajyaga atangwa ku ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Chipolopolo), nyuma y’igihe iyi kipe imaze ititwara neza mu mikino mpuzamahanga. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Ubugeni hamwe n’Inama Nkuru y’Imikino muri Zambia (National Sports Council of Zambia), rivuga ko guverinoma ifite impungenge zikomeye ku musaruro w’ikipe y’igihugu, […]
Trump agiye kwibanda ku kurangiza intambara yo muri Ukraine nyuma ya Gaza

Kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Ukwakira, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko ubu ashaka kwibanda ku Burusiya n’intambara yabwo muri Ukraine nyuma y’igihe yibanze ku kurangiza ikibazo cyo muri Gaza. Ese Trump ashobora kongera kubona intsinzi mu gushaka amahoro no guhagarika intambara yo muri Ukraine? Kyiv irabyizeye. Perezida wa Leta Zunze […]
Mohamed Salah yagaragaye ku rutonde rw’abatoye Perezida muri Cameroon

Mu gihe igihugu cya Cameroon cyari mu matora ya perezida ku Cyumweru, isura y’umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Misiri, Mohamed Salah yagaragaye ku rutonde rw’abatoreye ku biro by’itora bya Ngaoundéré III. Nyuma yo gukora igenzura, ibitangazamakuru bitandukanye byemeje ko koko iyo foto igaragara ku rubuga rwa Elecam, urwego rushinzwe gutegura no gucunga amatora muri Cameroon. […]
Dr. Frank Habineza yatorewe kuba umusenateri

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira yatorewe kuba Umusenateri. Dr. Habineza wamaze igihe kirekire ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, we na mugenzi we Nkubana Alphonse wo mu ishyaka PSP batorewe mu Nteko Rusange y’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe […]
Umupolisi yiyahuye akimenya ko umukunzi we yarongoye undi

Umupolisi w’umugore wo ku cyicaro cya polisi cya Phalombe muri Malawi, witwa Sergeant Eliza Masina, ari kuvurirwa mu bitaro bya Holy Family Mission Hospital nyuma yo kugerageza kwiyahura akoresheje uburozi. Nk’uko raporo ya polisi ya Phalombe ibivuga, ibi byabaye ku wa gatanu tariki ya 10 Ukwakira 2025, mu mudugudu wa Sakhome, muri T/A Nkhumba, akarere […]
FDLR yashinje RDF kuyibuza kwishyikiriza MONUSCO

Nyuma y’umunsi umwe Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) gisabye abawanyi ba FDLR gushyira intwaro hasi no kwishyira mu maboko ya MONUSCO, uyu mutwe wahise usohora itangazo wemeza ko Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) ndetse n’ibyitso bawurimo barimo kubuza abarwanyi bawo kwerekeza ku bigo bya MONUSCO kugirango bitange. Ni itangazo rigaragaramo ibinyoma umuntu ahita […]
U Rwanda rwongeye gushimangira ko rushyigikiye inzira z’amahoro zikomeje

Mu nama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano ku wa Mbere, itariki ya 13 Ukwakira, yibanze ku kibazo cy’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, u Rwanda rwashimangiye ko rwemeje ko rukemera inzira z’amahoro zikomeje, cyane cyane iya Washington, mu gihe rwagaragaje impungenge z’umutekano zikomeje zijyanye no kuba FDLR ikiri ku butaka bwa Congo. Uhagarariye u Rwanda mu […]