Diyama na zahabu bicuruzwa i Antwerp birahacukurwa?: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko ibirego bishinja u Rwanda kwiba amabuye y’agaciro ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari amahomvu, avuga ko ababitiza umurindi ari bo basahuye kiriya gihugu kurusha undi uwo ari we wese. Perezida wa Repubulika yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru. Congo Kinshasa n’ibihugu biyishyigikiye […]

Nonese abafana ba Rayon Sports baziyice: Chairman wa APR FC

Chairman wa APR FC, Brig. Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko abafana b’amakipe bakunda bakwiye kwihangana no gusubiza umutima hamwe aho guhangayika cyane igihe batsindwa. Mu kiganiro yagiranye na Isibo Radio ku wa 27 Ugushyingo 2025, yasabye abafana kubona ko gutsindwa ari ibisanzwe, ndetse ko mbere yo kunenga bagomba kubanza kureba ibyo ubuyobozi bw’ikipe bukora. Rusanganwa […]

Ba Defence Attachés bakorera mu Rwanda bamenyeshejwe uko umutekano wifashe

Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Ingabo/Ingabo z’u Rwanda (RDF) bakiriye abajyanama mu bya Gisirikare (Defence Attachés) bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda. Bagejejweho ikiganiro kirambuye cyagarutse ku miterere y’umutekano mu gihugu no mu karere, ndetse n’uruhare rw’ Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bufatanye mpuzamahanga n’ubushingiye ku mubano hagati y’ibihugu. Itsinda ry’abitabiriye ryakiriwe […]

Hamenyekanye itariki nshya y’umuhuro wa ba Perezida Kagame, Tshisekedi na Trump

Ba Perezida Paul Kagame na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byitezwe ko bazahura na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 4 Ukuboza 2025, mu nama izasiga bashyize umukono ku masezerano y’amahoro. Amakuru kuri ubu avuga ko Washington ikomeje kotsa igitutu Kigali na Kinshasa, mu rwego […]

CAF yafatiye ibihano Umurundi Girumugisha na Al Hilal ye

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w”Amaguru muri Afurika (CAF), yahanishije Umurundi Girumugisha Jean Claude kumara imikino itatu adakina inamuca ihazabu ya $ 5,000 (FBU miliyoni 14.7) kubera imyitwarire mibi yagaragarije i Kigali. CAF yahannye uyu rutahizamu w’ibumoso, nyuma y’ubushyamirane bwakurikiye umukino w’amatsinda ya CAF Champions League ikipe ya Al Hilal Omdurman yo muri Sudani Girumugisha akinira iheruka gutsindamo […]

Umusifuzi yatanze amakarita 17 y’umutuku mu mukino umwe

Umukino wa Copa Bolivia wahuje Blooming na Real Oruro warangiye mu kavuyo gakomeye, aho abakinnyi n’abatoza 17 bose bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano yavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mukino wari uwa ¼ cy’irangiza. Nubwo Real Oruro yari ikeneye igitego kimwe gusa ngo iyobore umukino, ntiyabigezeho maze Blooming ikomeza muri ½ cy’irangiza bitewe n’intsinzi yo […]

Namibia: Adolf Hitler yatsinze amatora y’abadepite

Umunyapolitiki wo muri Namibia witiriwe umunyagitugu w’Umudage Adolf Hitler, byatangajwe ko yatsinze amatora ku majwi menshi nk’uko ibyayavuyemo byashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane ushize bibigaragaza. Adolf Hitler Uunona, ubu uhitamo guhamagarwa Adolf Uunona, yagumanye umwanya we mu gace gato ko mu majyaruguru ka Ompundja mu karere ka Oshana n’amajwi 1,275, mu gihe uwo bari […]

Musanze: Arashinjwa kwica atwitse abantu 3 mu bihe bitandukanye

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze bukurikirinye umugabo uri mu kigero cy’imyaka 24 ukekwaho gutwika abantu batandukanye akoresheje lisansi batatu muri bo bakahasiga ubuzima.  Icyaha akekwaho cyakozwe ku itariki ya 13/10/2025 ndetse na 13/11/2025 mu masaha atandukanye y’ijoro mu Mudugudu wa Nyagisozi, Akagari ka Gatwa, Umurenge wa Janja, mu Karere ka Gakenke. Uregwa, ku itariki […]

Perezida Embalo wahiritswe ku butegetsi yageze muri Senegal

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Senegali yatangaje ko Perezida Umaro Sissoco Embalo, wahiritswe ku butegetsi kuwa Gatatu muri Guinea Bissau, yageze i Dakar kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 27 Ugushyingo. Itangazo rya minisiteri rivuga ko Embalo yageze muri Senegal mu ndege yakodeshejwe na ECOWAS (Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba). Iri tangazo rije nyuma […]