Abasirikare barenga 500 ba FDNB bamaze gutoroka nyuma yo kuva muri RDC
Abasirikare b’u Burundi babarirwa muri 500, bamaze gutoroka Igisirikare cy’iki gihugu nyuma yo kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari baroherejwe kurwanya inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Amakuru y’iri toroka yemejwe n’umwe muri ba Ofisiye ba FDNB, mu kiganiro n’impirimbanyi Pacifique Nininahazwe. Uyu yavuze ko ubwo u Burundi bwacyuraga abasirikare babwo mu […]
Drone za FARDC zongeye kugaba ibitero mu Minembwe
Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Mutarama zagabye ibitero bya drone z’intambara mu Minembwe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’ibi bitero yemejwe n’ihuriro AFC/M23, biciye muri Lawrence Kanyuka urivugira. Kanyuka mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko biriya bitero byagabwe […]
U Rwanda rwatanze Mushikiwabo ngo ayobore OIF muri manda ya 3
Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko yamaze gutanga Louise Mushikiwabo, kugira ngo ayobore Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) muri manda ya gatatu. U Rwanda rwemeje aya makuru biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko icyemezo cyo kongera gutanga Mushikiwabo cyafashwe, nyuma […]
Cibitoke: Abasirikare barashe umuturage wari ugiye mu murima we
Umuhinzi w’imyaka 53 yarashwe n’abasirikare b’Abarundi ubwo yajyaga mu murima we w’umuceri uri ku ruzi rwa Rusizi, rutandukanya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) n’u Burundi, muri Komini ya Cibitoke, Intara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’u Burundi. Aya mahano yabaye ku wa Gatandatu, itariki 10 Mutarama, ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, nyuma […]
Tshisekedi ategerejwe kwa Gnassingbé
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ategerejwe i Lomé muri Togo aho kuri uyu wa Mbere ari bugirire uruzinduko. Ni uruzinduko rukurikira ebyiri Tshisekedi yagiriye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, aho yahuriye akanagirana ibiganiro na Perezida João Lourenço muri iki gihe uyoboye umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU). Byitezwe […]
Uganda: Inzego z’umutekano ziryamiye amajanja mbere y’amatora
Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki ya 15 Mutarama, akubiyemo amatora ya perezida, abagize inteko ishinga amategeko, n’inzego z’ibanze. Ariko, kuva ku itariki ya 10 Mutarama, Ingabo za Uganda zongerewe mu mijyi minini y’igihugu. Ubu ingabo zirakorana irondo n’abapolisi. Nk’uko Umuvugizi w’Ingabo za Uganda abitangaza, ngo kohereza ingabo […]
U Burundi bwohereje ingabo zabwo zatsindiwe muri Uvira kurinda Kalemie
Amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi aremeza ko hagati y’itariki ya 29 Ukuboza 2025 n’iya 4 Mutarama 2026 iki gihugu cyohereje bundi bushya abasirikare bacyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko abo basirikare boherejwe gufasha ku rugamba ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zirwana na AFC/M23 no gukaza umutekano mu duce dufatwa […]
Yagiye mu bwiherero bumugwa hejuru ari gukora ibikomeye
Umugabo w’imyaka 42 wo mu Karere ka Mansa ho muri Zambia yarokowe ari muzima nyuma y’uko ubwiherero bwa gakondo bumuguyeho ubwo yari arimo akora ibikomeye. Ibi byabaye ku wa Gatandatu ahagana saa saba z’amanywa n’iminota 53, mu Mudugudu wa Chitakwa. Uwo mugabo witwa Paul Kunda, bivugwa ko yaguye mu mwobo w’ubwiherero wapimaga metero 1.5 kuri […]
Sonia Rolland asanga RDC yari kuba ikize ku isi iyo yemera gukorana n’u Rwanda
Sonia Rolland, umukinnyi wa filime wanabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu 2000, yavuze ko iyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikorana n’u Rwanda kuva mu myaka 30 ishize, uyu munsi iba ari cyo gihugu gikize kurusha ibindi muri Afurika. Yabitangaje mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube ya Les Funérailles des Tabous, aho yasobanuye ko imwe mu mpamvu […]
Gitega: Igaraje ibagirwamo inkoko zipfushije ihangayikishije rubanda
I Kigali haravugwa igaraje iri inyuma y’isoko rizwi nko kwa Kamali mu Murenge wa Gitega, bivugwa ko ribagirwamo inkoko zapfuye kandi rikaberamo n’icuruzwa ry’inyama zishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga. Abaturage n’abacuruzi bakorera mu Kagari ka Akabahizi, mu Murenge wa Gitega, Akarere ka Nyarugenge, bavuga ko bahangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bikomeje kuvugwa muri iri igaraje rizwi […]