Niyo Bosco yarongoye – Amafoto

Umuhanzi w’icyamamare mu muziki nyarwanda, Niyo Bosco, yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Mukamisha Irene, nyuma y’igihe bari bamaze mu rukundo. Uyu muhango wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 16 Mutarama 2026, ubera mu busitani bwa Kaleb Garden i Rebero, mu Karere ka Kicukiro. Mbere y’uko basezerana imbere y’Imana, habanje kuba umuhango wo gusaba no gukwa, […]

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Gen. Doumbouya

Perezida Paul Kagame yageze i Conakry muri Guinée, aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Gen. Mamadi Doumbouya uheruka gutorerwa kuyobora iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika. Umukuru w’Igihugu akigera i Conakry ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Guinée, Amadou Oury Bah. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Mutarama […]

RDC mu mugambi wo kwitambika Mushikiwabo ngo atazongera gutorerwa kuyobora OIF

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko yatangiye gutegura uko yakwirambika Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo, kugira ngo atazongera gutorerwa kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF). Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, aheruka gutangaza ko u Rwanda rwamaze gutanga Mushikiwabo kugira ngo azongere kwiyamamariza kuyobora OIF muri manda ye ya gatatu. Mushikiwabo wahoze […]

Huye: Batatu barashinjwa kwica umuntu bamushinja kwiba

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye abantu batatu bakekwaho kuba ku itariki ya 08 Mutarama 2026 ahagana saa mbiri za mu gitondo mu Mudugudu wa Buruba, Akagari ka Butara, Umurenge wa Kigoma, Akarere ka Nyanza barishe   abagabo babiri babahora ko bibye ihene. Mu ibazwa ryabo, abakekwa barimo n’uwari wibwe ihene bavuga ko babakubise inkoni […]

Fizi: Twirwaneho yafashe ahazwi nka Point zero nyuma y’imirwano ikaze

Agace kitwa Point Zero, gaherereye muri Teritwari ya Fizi, ahahoze ari indiri ikomeye y’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa, kigaruriwe n’abarwanyi ba Twirwaneho kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 16 Mutarama 2026, nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano. Aha hantu hifashishwaga n’uruhande rwa leta mu kugaba ibitero kuri Minembwe na Mikenke, ndetse no mu […]

Uko Ingabo z’u Rwanda zakiriwe muri Jamaica mu mafoto

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigera mu 100 zigizwe n’inzobere mu bwubatsi ryageze muri Jamaica mu ijoro ryakeye, aho bagiye gufasha mu bikorwa byo kongera kwiyubaka bya Jamaica nyuma y’umuyaga ukabije wiswe Melissa, aho bakiriwe neza muri Jamaica kandi basobanurirwa urugendo rwabo rw’akazi. Abasirikare bahawe ibisobanuro birambuye na Komanda wa Brigade izakorana bya hafi na […]

Ethiopia irashinja Eritrea guha intwaro inyeshyamba zo muri Amhara

Igipolisi cya Ethiopia cyatangaje ko cyafashe amasasu ibihumbi n’ibihumbi yoherejwe na Eritrea ku nyeshyamba zo mu Karere ka Amhara muri Ethiopia, ikirego Eritereya yateye utwatsi ivuga ko ari ikinyoma kigamije gutangiza intambara. Ikirego cy’Igipolisi cya Leta ya Ethiopia cyongereye ubushyamirane hagati ya Ethiopia na Eritrea, ibihugu byamaze igihe kirekire bidacana uwaka mbere yo kugirana amasezerano […]

Museveni yanikiye Bobi Wine mu majwi

Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, arerekana ko umukandida Yoweri Kaguta Museveni w’ishyaka NRM, yatangiye kwanikira bagenzi be bari bayahatanyemo. Ku wa Kane tariki ya 15 Ukuboza ni bwo abanya-Uganda baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abadepite. Ni amatora yitabiriwe n’ababarirwa muri miliyoni 21. Museveni umaze imyaka 40 ayobora Uganda, muri ariya matora […]

Ghana: Kwima uwo mwashyingiranwe ni icyaha

Muri Ghana, inzego z’umutekano n’ubutabera zatangaje ko kwima uwo mwashakanye imibonano mpuzabitsina mu buryo buhoraho bishobora gufatwa nk’ihohoterwa rishingiye ku marangamutima, bikaba byakurikiranywa n’amategeko. Abayobozi basobanuye ko iyo umwe mu bashakanye cyangwa abakundana akomeje kwima undi uburenganzira bwo kuryamana nta mpamvu zifatika, uwahohotewe yemerewe gutanga ikirego kuri polisi, dosiye igashyikirizwa inkiko ikaburanishwa hashingiwe ku mategeko […]

Twirwaneho yemeje ko yahanuye drone ya FARDC

Umutwe wa Twirwaneho wiyemeje kurengera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, wemeje ko ku wa Kane tariki ya 15 wahanuye drone y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Umuhuzabikorwa w’uriya mutwe, Colonel Ndakize Kamasa Welcome, yatangaje ko iriya drone bivugwa ko ari iyo mu bwoko bwa CH-4 yahanuriwe mu mirwano yarimo isakiranya ingabo zawo na […]