Uvira: Nyuma yo kugenda kwa AFC/M23 Abatutsi batangiye kumeneshwa

Inzu z’Abatutsi mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, zagabweho ibitero n’abaturage, bayobowe n’abarwanyi ba Wazalendo basubiye muri uyu mujyi basahura buri kintu cyane cyane mu nzu z’Abatutsi. Muri iyo videwo ikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga hagaragaramo abantu bari gusahura mu rugo rumwe, abandi bavuza induru bati: “Ntihagire ikintu na kimwe musiga muri […]

Kinshasa: Gen. Bolingo Matani wa FARDC yatawe muri yombi

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), umusirikare mukuru, Gen. Bolingo Matani, wungirije General Tshibangu uyobora Akarere ka 21 ka Gisirikare gafite icyicaro muri Kasai-Oriental, yafatiwe i Kinshasa akekwaho ubufatanyacyaha n’ubugambanyi, hashingiwe ku bwenegihugu bwe ngo bushidikanywaho. Nk’uko igitangazamakuru Mbuji-Maji Maville cyatangaje aya makuru kibitangaza, ngo ifatwa ry’uyu musirikare ryaje mu rwego rw’iperereza rigikomeje bivugwa […]

Lomé: Minisitiri Nduhungirehe yitabiriye inama yo ku rwego rwo hejuru kuri RDC

Kuri uyu wa Gatandatu, iitariki 17 Mutarama, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yitabiriye,  i Lomé, inama yo mu rwego rwo hejuru ishimangira ubufatanye no gushimangira inzira y’amahoro iyobowe na Afurika muri Repubulika ya emokarasi ya Congo no mu Karere k’Ibiyaga Bigari, iyobowe na Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida wa Togo. Mu ijambo rye, Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye […]

Lubero: Drones za FARDC zibasiye ibirindiro bya AFC/M23

Indege z’intambara zitagira abaderava z’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibirindiro bitandukanye bya AFC/M23 muri Lubero, mu burengerazuba bwa Repulika ya Demokarasi ya Congo. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post dukesha yi nkuru, avuga ko drones z’Igisirikare cya Congo, FARDC, zagabye ibyo bitero mu gitondo cya kare kuri iki Cyumweru, iitariki 18 […]

Kicukiro: Umusore w’imyaka 23 akurikiranweho gusambanya itungo

Ubushinjacyaha ku Rwego rw’ Ibanze rwa Kicukiro bukurikiranye umusore w’imyaka 23 ukora akazi k’ubushumba ukekwaho gukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa.  Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 31 Ukuboza 2025 mu Kagari ka Muyange, Umurenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro ubwo uregwa yahengeraga bwije akurira ikiraro agasambanya inka. Yafatiwe mu cyuho na sebuja wari […]

Trump yakangishije imisoro inshuti kubera kwanga ko afata Greenland

Iterabwoba rya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ryo gushyiraho imisoro mishya ku bafatanyabikorwa umunani batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe ku bijyanye no gufata Greenland ryamaganwe n’abayobozi b’u Burayi.   Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yatangaje ko iki cyemezo “kitari cyo rwose”, mu gihe Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko “bitemewe”. […]

RDC: Inzego z’umutekano zafashe Visi Perezida wa PPRD ya Kabila

Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru, abashinzwe umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bataye muri yombi Aubin Minaku, Visi Perezida w’ishyaka Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), ryahoze ari ishyaka riri ku butegetsi riyobowe na Joseph Kabila.   Iki gikorwa cyabereye mu rugo rwe bwite i Kinshasa, […]

Amafoto: Kagame mu bayobozi bifatanyije na Doumbouya warahiriye manda ya mbere

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ni umwe mu bakuru b’ibihugu na za guverinoma benshi bo muri Afurika bifatanyije na mugenzi wabo, Mamadi Doumbouya, warahiriye manda ye ya mbere nka Perezida wa Guinea. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 17 Mutarama 2026, kuri Stade Général Lansana Conté i Conakry, Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo kurahira kwa […]

Musanze: Akarere kahakanye amakuru yavugaga ko Bikira Mariya yabonekeye mu giti

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwanyomoje byimazeyo amakuru yari yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko habaye ibonekerwa rya Bikira Mariya Nyina wa Yesu mu giti giherereye muri aka karere. Aya makuru yatangiye gusakazwa ku gicamunsi cyo ku wa 17 Mutarama 2026, bituma abaturage benshi bahurura bajya kureba igiti giherereye mu Murenge wa Gataraga, bakeka ko cyagaragayemo […]