AFC/M23 yashimangiye ko nta gace na kamwe igenzura izongera kuvamo

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, washimangiye ko utazigera na rimwe uva mu bice wabohoye. Byatangajwe na Lawrence Kanyuka uvugira uyu mutwe, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Mutarama 2026. Yasubizaga ku itangazo ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryo ku wa 23 Mutarama zashinje […]

Igisubizo cya Green Party ku bayishinja gukorera mu kwaha kwa FPR-Inkotanyi

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), rivuga ko kuba FPR-Inkotanyi hari ibyo ishobora kuvuga rikaba ryabyemera bitavuze ko rikorera mu kwaha kwayo. DGPR yavuze ibi isubiza abiganjemo abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bakunze kugaragaza ko mu Rwanda nta ‘opozisiyo’ ihaba, bagashinja amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi gukorera mu kwaha kwa […]

Ubuyobozi bwa Uganda bwirukanye abanyamakuru 3 b’Abafaransa

Muri uku kwezi kwa Mutarama, abategetsi ba Uganda birukanye abanyamakuru batatu b’Abafaransa muri iki gihugu nyuma y’igenzura rikomeye cyane ku bijyanye n’amatora ya perezida aho Yoweri Museveni wari usanzweho yatsindiye manda ya karindwi yikurikiranya.   Abagizweho ingaruka n’iki cyemezo ni Bastien Renouil, umunyamakuru ukorera France 24 muri Afurika y’Iburasirazuba, wageze muri Uganda ku ya itariki […]

Umwaka urashize M23 ifashe Goma, FARDC ikarasa i Rubavu

Ku itariki nk’iyi ya 26 Mutarama 2025, umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Goma yafashwe nyuma y’imirwano ikomeye yari imaze iminsi ibera mu nkengero zayo. Ni imirwano irimo iyamaze icyumweru kirenga ibera mu bice bya […]

Rutshuru: Hadutse imirwano ikaze nyuma y’igitero cya wazalendo ku birindiro bya AFC/M23

Imirwano ikomeye yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama 2026, mu birometero bicye uvuye Kinyankuku, hagati y’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC-FDP n’abarwanyi ba AFC/M23, muri Gurupoma ya Bukombo, Teritwari ya Rutshuru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post aravuga ko imirwano yadutse nyuma y’igitero cya CMC ku barwanyi ba […]

Sudani y’Epfo: SSPDF yasabye abakozi ba Loni kuva ahantu ishaka gutera iburira abasivili bazahasangwa

Kuri iki Cyumweru, itariki 25 Mutarama, Igisirikare cya Sudani y’Epfo cyasabye ko abaturage, imiryango itabara imbabare, ndetse n’abakozi ba Loni kuva mu turere tugenzurwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Leta ya Jonglei mbere y’igitero gikomeye cya gisirikare. Mu magambo ye, Umuvugizi w’Igisirikare cya Sudani (SSPDF), Maj. Gen. Lul Ruai Koang yagize ati: “Imiryango itegamiye kuri leta […]

Uganda: Imbuga nkoranyambaga zakomorewe nyuma y’amatora

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko imbuga nkoranyambaga zongeye gukomorerwa nyuma yo guhagarikwa kubera amatora rusange yari arimo guhangana cyane mu ntangiriro za Mutarama. Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 26 Mutarama, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), General Muhoozi Kainerubaga, yatangaje ikurwaho ry’itegeko ryari ryarahagaritse imbuga nkoranyambaga, ashimira Abagande ku nkunga n’ubufatanye bwabo mu gihe […]

Yirukanwe azira gutoza ikipe akoresheje ChatGPT

Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’igihugu ya Espagne, Robert Moreno, yirukanywe mu ikipe ya FC Sochi yo mu cyiciro cya kabiri mu Burusiya, nyuma yo gutsindwa kenshi no gufata ibyemezo byatangaje benshi, byinshi muri byo byashingiraga kuri ChatGPT. Moreno w’imyaka 48 y’amavuko, yavuye muri FC Sochi muri Nzeri umwaka ushize, nyuma yo kubona inota rimwe gusa […]

Impamvu P. Kagame atari mu barwanyi ba Museveni bafashe Kampala

Ku itariki nk’iyi ya 26 Mutarama mu 1986 (imyaka 40 irashize), ingabo z’umutwe wa National Resistance Army (NRA) zafashe Umujyi wa Kampala, mu rugamba rutagaragayemo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda. Ingabo za NRA zari ziyobowe na Yoweri Kaguta Museveni muri iki gihe uyoboye Uganda, zafashe Umujyi wa Kampala nyuma y’imirwano yari imaze iminsi icyenda izihanganishije […]

Umusobanuzi PK yarongoye

Karemera Hassan uzwi cyane ku izina rya PK, wamamaye mu gusobanura filime mu myaka yashize, yarushinze n’umukobwa bakundanye igihe runaka, Murekatete Diane. Ubukwe bwabo bwabaye ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026, bubera ahitwa Ahava River Hall i Kicukiro, nyuma y’uko babanje gusezerana mu muhango wo gusaba no gukwa, banasezerana imbere y’Imana. Mu Ugushyingo 2025, […]