WhatsApp Image 2024-12-11 at 13.30.45

 50 Cent yemeje ko yaguze amatike yose y’igitaramo cya Ja Rule

Umuraperi w’Umunyamerika 50 Cent, uzwiho gukunda kugirana ibibazo n’abandi bahanzi, yatangaje ko mu mwaka wa 2018 yaguze amatike yose y’imbere mu gitaramo cya Ja Rule i Arlington, Texas. Ibi byabaye nk’uburyo bwo kumusuzugura, avuga ko amatike yari ahendutse cyane, bityo byamworoheye kugera ku mugambi we.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Big Neighborhood, 50 Cent yavuze ko yari agamije gukora igisa n’urwenya mu marushanwa asanzwe y’abahanzi ba rap. Yagize ati, “Ntabwo byangoye kuko amatike yari ahendutse cyane. Byari uburyo bwo kumwereka ko nta n’abafana afite.”

Nyuma yaho, 50 Cent yongeye gushimangira uyu mubano mubi n’uyu muraperi ubwo yamusekaga kubera guhagarika ibitaramo yari ateganyije mu Bwongereza, avuga ko ikibazo cyabaye intandaro y’ibura ry’ibitaramo bye.

Muri iki kiganiro, 50 Cent kandi yagarutse ku bindi bibazo biri mu ruganda rwa muzika, birimo ibirego by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina byatangajwe kuri Jay-Z na Diddy, avuga ko bikomeje gusenya isura yabo mu ruhando rwa muzika n’imikoranire na NFL.

Yongeye no kuvuga ku makimbirane asanzwe hagati ya Drake na Kendrick Lamar, agaragaza urutonde rw’abitwa “abanzi ba Drake,” ariko agaragaza ko urwo rutonde rutigeze rukorwa na Drake ubwe, ahubwo rwashyizwe hanze n’abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga.

Nubwo hari byinshi byavuzwe, abakurikiranira hafi bavuze ko ibi bikorwa bya 50 Cent bikomeje gukurura impaka mu bakunzi ba muzika, bamwe babibona nk’urwenya rwemewe mu ruganda rw’imyidagaduro, abandi bakabibona nk’uburyo bwo gusenya izina rya bagenzi be.

Uku guterana amagambo hagati y’abahanzi bibutsa abantu uburyo kwiyubakira izina muri muzika bisaba ubuhanga, ariko bikajyana no kugendera kure ibibazo bishobora guhungabanya isura y’umuntu mu ruhando rw’abafana.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *