Abantu bitwaje intwaro bataramenyekana, mu ijoro ryo ku wa 17 Kamena 2019, bagabye igitero muri Komini Gihanga, Intara ya Bubanza, barasana n’abapolisi, babiri muri bo bakomeretswa n’amasasu.
Abagabye igitero baturutse mu ishyamba kimeza rya Rukoko. Imibare itangazwa na Leta y’u Burundi ikagaragaza ko aria bantu batanu bakomeretse barimo abapolisi babiri.
Nk’uko bitangazwa na RPA, ngo iki gitero cyagabwe ahagana saa Munini z’ijoro, ku rubyiruko rw’Imbonerakure ndetse n’abapolisi bari ku burinzi bw’ijoro. Abaturage bakaba bavuga ko bimvise iyo mirwano, ku buryo byabasigiye ihungabana.
Amakuru gera kuri iki kinyamakuru avuga ko ari Imbonerakure eshanu n’abapolisi babiri bakomerekejwe n’amasasu. Inzego z’umutekano zirimo abasirikare na Polisi ngo zikaba zarakurikiye abari bagabye igitero bahunze bagana muri iri shyamba kimeza.
Muri iryo joro kandi ngo humvikanye ukurasana ndetse no guturika kwa gerenade I Gihungwe, muri Komini Mpanda, Intara ya Bubanza, abagabye igitero bakaba bataramenyekana ndetse n’ibyangijwe Leta ikaba itarabitangaza.
Mu mezi abiri ashinze, ngo muri aka gace k’Uburengerazuba bw’u Burundi hagabwemo ibitero bitandukanye, bityo abaturage bakaba basaba ko hakongerwa ingufu mu gucungirwa umutekano.


