Burkina Faso: Rimtalba Jean Emmanuel Ouedraogo yagizwe Minisitiri w’Intebe mushya

Kuri uyu wa Gatandatu nimugoroba, Umuyobozi wa Burkina Faso yashyizeho Rimtalba Jean Emmanuel Ouedraogo wahoze ari minisitiri w’itumanaho, nka minisitiri w’intebe mushya.

Iri shyirwaho rije nyuma y’umunsi umwe umuyobozi w’ubutegetsi bwa gisirikare muri iki gihugu, Capt. Ibrahim Traore yirukanye Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe, Apollinaire Joachim Kyelem de Tambela maze agasesa guverinoma.

Nta mpamvu yatanzwe yo kumukuraho. Tambela yari ayoboye guverinoma eshatu zagiye zisimburana kuva Traore yafata ubutegetsi mu 2022.

Rimtalba Jean Emmanuel Ouedraogo ni muntu ki ?

Ouedraogo w’imyaka 42 y’amavuko, wakoraga muri guverinoma ya Tambela, ni umunyamakuru mu bijyanye n’ubucuruzi.

Yahoze ari umwanditsi mukuru, nyuma aza no kuba umuyobozi wa televiziyo ya leta y’iki gihugu kibarizwa muri Sahel.

Ouedraogo kandi ni inshuti magara ya Traore nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga.

Nyuma yo guhirika ubutegetsi muri Nzeri 2022, Capt. Traore yagize Ouedraogo minisitiri w’itumanaho n’umuvugizi wa guverinoma.

Yakomeje kuba umusivili ukomeye mu buyobozi bwa gisirikare kandi akomeza kugira uruhare mu mavugurura atatu ya guverinoma.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *