Polisi yo muri Koreya y’Epfo yataye muri yombi Kim Yong-hyun wahoze ari Minisitiri w’ingabo, kuri iki Cyumweru kubera uruhare akekwaho kugira mu kuba Perezida Yoon Suk Yeol yaragerageje gushyiraho amategeko ya gisirikare (Martial Law) nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru Yonhap.
Kim yafatwaga nk’umuntu w’ingenzi mu bari inyuma y’itea ryo ku wa Kabiri ryamaze igihe gito. Yari yamaze kwegura ku mwanya wa minisitiri w’ingabo.
Polisi yatangiye iperereza kuri Kim, ndetse na Yoon hamwe n’umuyobozi ushinzwe amategeko ya gisirikare, Park An-su, bakekwaho kwigomeka.
Yonhap yatangaje ko Polisi kandi yagabye igitero ku rugo rwa Kim ikamushyira mu gihano kimubuza kugira aho ajya.


