Ghana: John Dramani Mahama wigeze kuba perezida yongeye gutorwa

John Dramani Mahama wigeze kuba umukuru w’igihugu cya Ghana, niwe watsinze amatora yabaye mu mpera z’icyumweru. Visi Perezida Muhamadu Bawumia bari kumwe ku isonga ry’abahatanira uwo mwanya, kuri iki cyumweru yemeye ko yatsinzwe amatora .

Imbere y’abanyamakuru yari yahaye ikiganiro iwe mu rugo, yavuze ko yahamagaye Dramani Mahama amushimira ku ntsinzi ye n’ishyaka National Democratic Conference.

Yavuze ko iri shyaka ryatsinze n’amatora y’abagize inteko ishinga amategeko nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ivuga.

Nubwo kubara amajwi byari bitararangira, Bawumia yavuze ko ukurikije ibyari bisigaye gukorwa nta kiri buze guhinduka ku ntsinzi ya Mahama bari bahanganye.

Bawumia yavuze ko yemeye ko yatsinzwe amatora mbere y’uko ibyayavuyemo bitangazwa ku mugaragaro mu rwego rwo kwirinda imvururu ziyashingiyeho zari zitangiye kugaragara mu duce tumwe tw’igihugu mu ibarura ry’amajwi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *