00congo-4-kvmt-videoSixteenByNine3000

Mu gihe Kagame na Tshisekedi baza guhura imirwano irakomeje muri Lubero

Mu gihe habura amasaha abarirwa ku ntoki ngo ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo bahurire mu biganiro biteganyijwe kubera i Luanda kuri iki Cyumweru, itariki 15 Ukuboza 2024, mu burasirazuba bwa Congo habyukiye imirwano hagati ya M23 na FARDC.

Amakuru agaragara ku mbuga nkoranyambaga nka X, avuga ko kuri iki Cyumweru hari kuba imirwano hagati y’inyeshyamba za M23  n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo zishyigikiwe na Wazalendo muri Teritwari ya Lubero ku murongo wa Buleusa na Matembe_Kaseghe. Amasasu menshi ari kumvikana muri kariya gace nk’uko amakuru ahaturuka avuga.

Hagati aho, kuri uyu wa 15 Ukuboza, Perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, hatagize igihinduka barahurira i Luanda muri Angola mu rwego rw’ibiganiro biyobowe na Perezida Joao Lourenco bigamije gukemura ibibazo biri hagati yombi birimo gushinjanya gufasha imitwe irwanya igihugu kimwe cyangwa ikindi.

Umubano hagati y’ibihugu byombi wabaye mubi cyane kuva aho umutwe wa M23 wari umaze imyaka 10 urambitse intwaro hasi wongeye kuzubura ugatangiza intambara ushinja Leta ya Kinshasa kuba itarubahirije ibyo impande zombi zemeranyijwe i Nairobi.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *