Umuririmbyikazi yatawe muri yombi n’abayobozi muri Iran azira kutambara hijab ubwo yari mu gitaramo cyacagaho live kuri YouTube nk’uko umwunganizi we yabitangaje.
Uyu muhanzikazi, Parastoo Ahmady, yafunzwe azira kutubahiriza imyambarire y’abagore muri Repubulika ya Kisilamu ya Iran.
Ku wa Kane, ikirego cyatanzwe kirega uyu muhanzikazi w’imyaka 27 kubera igitaramo cye yakoze yambaye umwenda muremure wirabura utagira amaboko ndetse atambaye hijab (igitambaro abasilamukazi bambara mu mutwe).
Ubwo yashyiraga amashusho kuri YouTube, Ahmady yagize ati: “Ndi Parastoo, umukobwa ushaka kuririmbira abantu nkunda. Ubu ni uburenganzira ntashobora kwirengagiza; kuririmbira igihugu nkunda cyane.”
Igitaramo cye cyari kimaze kurebwa n’abantu barenga miliyoni 1.4 kuri internet mu gihe yashimiwe n’abantu kuri internet kubera ubutwari bwe nk’uko Deutsche Welle ivuga.
Ku wa Gatandatu, umwunganizi we, Milad Panahipour, yatangaje ko yafatiwe mu majyaruguru y’igihugu, mu gihe abahanzi babiri bo mu itsinda rye bafatiwe muri studio yabo ya muzika i Tehran.
Mu 2022, Iran yabonye imyigaragambyo y’abantu benshi nyuma y’urupfu rw’umugore w’Umu-Kurde w’Umunya-Iran, Jina Mahsa Amini wishwe azira kutambara hijab.
Guverinoma yakoresheje ingufu z’umurengera mu guhagarika iyo myigaragambyo kandi yibasira impirimbanyi zari ziyiyoboye.
Abagore benshi bo muri Iran bavuga ko barambiwe amategeko akaze areba imyambarire yabo , cyane cyane igitambaro cyo mu mutwe kuri ubu hari amategeko ahana utacyambaye.


