Rwanda genocide

Paris: Urukiko rwagumijeho igihano cy’igifungo cya burundu cyakatiwe Philippe Hategekimana

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 17 Ukuboza, Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwagumijeho igihano cy’igifungo cya burundu cyakatiwe Philippe Hategekimana, uzwi ku izina rya Biguma, wahoze ari umuyobozi wungirije wa Gendarmerie mu Rwanda, kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyane cyane mu Ntara y’Amajyepfo.

Mu nyandiko yanyujijwe kuri X, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean-Damascène Bizimana, yagize ati: “Ubutabera buratanzwe mu Rukiko rw’ubujurire rwa rubanda I Paris. Adjudant Filipo Hategekimana wihimbye Biguma ahamijwe ku buryo ndakuka kuba ruharwa muri jenoside I Nyanza no mu nkengero zayo. Ahawe gufungwa ubuzima bwe bwose. Abo yiciye mubonye ubutabera. Nimugire ubudaheranwa.”

Hategekimana yahamwe n’icyaha cya jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Mu cyemezo cyarwo, urukiko rwashimangiye imiterere y’ibi byaha, ruvuga ko ibyo yakoze byagize uruhare runini mu bwicanyi bwabereye i Nyanza. Yahamwe n’icyaha cyo kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi i Nyanza, Nyabubare, Nyamure, Ntyazo, na ISAR-Songa (Institut des Sciences Agronomiques du Rwanda). Yahamijwe kandi icyaha cyo kwica Narcisse Nyagasaza, wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Ntyazo.

Muri Kamena 2023, urukiko rw’ibanze rwamuhanishije igifungo cya burundu yajuririye. Igikorwa cyo kujurira cyatangiye mu ntangiriro z’Ugushyingo, nyuma y’icyifuzo cye cyo gukuraho igihano yakatiwe. Mu rubanza rw’ubujurire, ubuhamya bw’abatangabuhamya benshi bwagize uruhare mu gukomeza guhamya Hategekimana gutegura no kugira uruhare mu bwicanyi.

Nyuma ya jenoside, Hategekimana yahungiye mu Bufaransa, yiyita Philippe Manier. Yahawe ubuhunzi mbere yo kubona ubwenegihugu bw’u Bufaransa mu 2005. Yabaye umuzamu wa kaminuza i Rennes ariko ahungira muri Cameroun mu 2017 nyuma yo gukurikiranwa n’itangazamakuru ndetse n’ikirego cyatanzwe n’umuryango Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda (CPCR).

Hategekimana yafatiwe i Yaoundé, muri Kameruni, mu 2018 yoherezwa mu Bufaransa.

Kuva mu 2019, yari afunzwe ategereje kuburana.

Urubanza rwa  Hategekimana rwabaye urwa karindwi ruburanishwa n’inkiko zo mu Bufaransa ku bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Rwakurikiranye n’urubanza rwa Capt Pascal Simbikangwa (urubanza rwarangiye); urwa Octavien Ngenzi na Tite Barahira (urubanza rwarangiye); Claude Muhayimana (wapfuye); Laurent Bucyibaruta (wapfuye); Dr Sosthène Munyemana (urubanza ruri mu bujurire), kimwe na Dr Eugene Rwamucyo (urubanza ruri mu bujurire).

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *