FB_IMG_1734682867873-1-scaled

Lt.Gen. Jules Mwilambwe wagizwe Umugaba Mukuru mushya wa FARDC ni muntu ki?

Banza Mwilambwe Jules, umusirikare watojwe kurasisha imbunda nini zirasa kure (artilleur) wahoze ari umusirikare mukuru muri regiment ya 13 y’ingabo zikoresha ibifaru mu ngabo zishinzwe kurinda umukuru w’igihugu (GR), kuri uyu wa Kane, itariki 19 Ukuboza 2024, yagizwe Umugaba Mukuru mushya w’Ingabo za Congo (FARDC) asimbuye Lt. Gen. Christian Tshiwewe Songesha, wari kuri uyu mwanya kuva mu Kwakira 2022, ubu akaba yagizwe umujyanama muri perezidansi.

Iri shyirwaho rije mu rwego rwo guhangana n’ibibazo by’umutekano bihoraho mu burasirazuba bw’igihugu, urangwa n’ihohoterwa ryiyongera. Mu mezi atatu gusa, MONUSCO yabaruye ibibazo by’umutekano bigera kuri 314 mu Ntara za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru, bituma hapfa abasivili 304, barimo abagore 53 n’abana 32, abandi 162 barakomereka. Inyeshyamba z’umutwe wa ADF n’izo mu mutwe wa CODECO zavuzwe kenshi mu bagize uruhare runini muri iryo hohoterwa.

Mbere yo kuzamurwa mu ntera, Banza Mwilambwe Jules, wagizwe Lt. Gen. mu Kwakira 2022, yari komanda  wungirije w’ingabo zishinzwe kurinda Perezida Félix Tshisekedi, ushinzwe ibikorwa n’ubutasi. Mbere, yaho yabanje kuba komanda wungirije ushinzwe imiyoborere n’ibikoresho mu ngabo zirinda umukuru w’igihugu.

Lt. Gen. Tshiwewe Songesha, asimbuye, yari yasimbuye General Célestin Mbala Munsense mu myaka ibiri ishize. Tshiwewe Songesha yari yazamuwe agirwa Umuyobozi w’ingabo zishinzwe kurinda umukuru w’igihugu mbere yo kugirwa Umugaba Mukuru wa FARDC mu 2022 nk’uko tubikesha urubuga actualite.cd.

Izi mpinduka mu buyobozi bw’ingabo za Congo zije mu gihe imirwano hagati ya M23 na FARDC n’indi mitwe bifatanyije ikomeje. M23 yaguye akarere igenzura muri iki cyumweru, cyane cyane yerekeza Pinga, muri Teritwari ya Walikale, ndetse yashyizeho ubuyobozi  mu turere igenzura, nk’uko byagarutsweho mu itangazo riherutse gushyirwa ahagaragara na perezida wa politiki w’uyu mutwe, Bertrand Bisimwa.

Lt. Gen. Banza Mwilambwe Jules agiye kuri iyi mirimo mu gihe guverinoma ikomeje guhatirwa kugirana ibiganiro na AFC/M23  kugirango amahoro abashe kugaruka mu burasirazuba bwa Congo nubwo itabikozwa, mu gihe kandi intambara ikomeje guhitana ubuzima bw’Abanyekongo batari bacye.

Soma izindi mpinduka zakozwe muri FARDC hano hasi

https://bwiza.com/tshisekedi-yambuye-gen-tshiwewe-kuba-umugaba-mukuru-wa-fardc/

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *