Polisi yo muri Mozambike yavuze ko abantu 33 bapfuye abandi 15 barakomereka ubwo imvururu zadukaga muri gereza irinzwe cyane mu murwa mukuru, Maputo. Nk’uko umuyobozi wa polisi mu gihugu abitangaza, ngo imfungwa zirenga 1.500 zashoboye gutoroka muri icyo gihe. Abigaragambyaga kandi bateye andi magereza menshi ahandi mu gihugu, abandi bagororwa benshi baratoroka.
Yavuze kandi ko 150 bamaze gufatwa nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga.
Mu minsi yashize, Mozambique yagiye ihura n’imyigaragambyo ikomeye nyuma y’ibyavuye mu matora. Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Venancio Mondlane, bivugwa ko yabonye amajwi 24%, yanze ibyo bisubizo ashinja ishyaka FRELIMO riri ku butegetsi kwiba amajwi.
Umurwa mukuru Maputo uri mu mijyi yibasiwe cyane n’imyigaragambyo, aho byibuze abantu 56 bapfuye, abandi 380 barakomereka.
Indi mijyi ishobora kwibasirwa n’imyigaragambyo ni Beira na Nampula.


