20250107_074554

Colonel Paluku wa FARDC n’abasirikare barenga 100 biyunze kuri M23

Amakuru Aturuka muri Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko Colonel Schadrack Paluku wari umusirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abasirikare barenga 100 yari ayoboye bamaze kwiyunga kuri M23.

Ku wa Mbere tariki ya 6 Mutarama ni bwo uyu Colonel n’abasirikare 124 bakiriwe muri M23, nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abivuga.

Aba kandi bari banafite ibikoresho bya gisirikare birimo imbunda n’amasasu.

Abayobozi b’igisirikare cy’uyu mutwe bamushimiye icyemezo cyo kwitandukanya na FARDC yafashe akabiyungaho.

Colonel Paluku yiyongereye ku bandi basirikare benshi ba FARDC bagiye bitandukanya na yo bakiyunga kuri M23, kuva mu Ugushyingo 2021 ubwo intambara y’impande zombi yatangiraga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *