jad20220608-ass-rdc-rwanda

Perezida Kagame yongeye gushimangira ko Tshisekedi yibiwe amajwi

Perezida Paul Kagame yongeye gutangaza ko n’ubwo mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo ayobora iki gihugu atigeze atsinda amatora, yaba ayo muri 2018 n’ayo mu mwaka ushize.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mutarama ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bakiraga mu musangiro abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda.

Ingingo yerekeye umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu Rwanda muri Nyakanga umwaka ushize ziri mu zo Umukuru w’Igihugu yikijeho cyane.

Perezida Kagame yanenze ibihugu by’amahanga byanenze uko amatora yo mu Rwanda yagenze, nyamara bitarigeze bivuga na rimwe ku yo muri RDC Tshisekedi yibiwemo amajwi inshuro ebyiri.

Ati: “Umuntu uri gutera ibibazo muri iki kibazo ndi kuvuga kiri hagati y’u Rwanda na RDC inshuro ebyiri ntiyatowe, kandi murabizi. Murabizi? Uyu mugabo Tshisekedi ubwa mbere ntiyatowe kandi murabizi. Ntimubivugira mu ruhame, njye ndi kubivugira mu ruhame, ni ryo tandukaniro gusa, murabizi. Ubwa kabiri nta cyabaye kandi murabizi.”

Yunzemo ati: “Ni izihe ndangagaciro mutubwira ko mukubitira abantu, ku bandi ntimumenye icyo gukora?”

Umukuru w’Igihugu yabwiye aba badipolomate ko bamwe muri bo bahagarariye ibihugu biteza ibibazo, ariko ko nta kundi babigenza keretse gutanga amakuru bashinzwe gutanga, ahabanye n’ukuri bazi.

Perezida Kagame yatangaje ko Tshisekedi yibye amatora, mu gihe muri 2018 ubwo yatorerwaga kuyobora RDC muri Manda ye ya mbere Martin Fayulu bari bahatanye yatangaje ko ari we watsinze.

Mu mwaka ushize Tshisekedi yatowe muri manda ya kabiri nanone ahigitse Fayulu wabaye uwa gatatu na Moïse Katumbi Chapwe wabaye uwa kabiri mu majwi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *