481348062_18484730674057040_4724960317699905056_n

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yishimiye intsinzwi ya APR FC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ibyishimo bikomeye nyuma y’uko ikipe ye akunda, Mukura Victory Sports, yatsinze APR FC igitego 1-0 muri Shampiyona y’u Rwanda.

Ni intsinzi ikomeye kuri Mukura VS, kuko yari iherutse no gutsinda Rayon Sports mu mukino wabaye mu kwezi gushize.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati: “Nyuma yo gutsinda Rayon Sports mu kwezi kwashize, ikipe yacu y’igitangaza yongeye kubikora itsinda APR FC. Mwakoze cyane Mukura VS.”

Mukura Victory Sports imaze kugaragaza imbaraga muri Shampiyona, itsinda amakipe akomeye nka Rayon Sports na APR FC, ibintu byakiriwe neza n’abafana bayo barimo na Minisitiri Nduhungirehe.

Iyi ntsinzi yatumye Mukura VS ikomeza kwitwara neza muri Shampiyona, ikomeza guhatanira imyanya myiza mu gikombe cy’uyu mwaka.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *