Umugore witwa Umutesi Béyonce ufite akabari mu kagari ka Nkomangwa, umurenge wa Munyiginya ho mu karere ka Rwamagana akaba ashinjwa n’abari abakozi be bamukoreraga mu kabari kubacuruza ku bakiriya banywera mu kabari ke, yafashwe n’inzego z’ibanze ashyikirizwa RIB ikorera ku Murenge wa Gishari.
Umutesi yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Kane Tariki ya 13 Werurwe 2025.
Amakuru avuga ko uyu mugore yafashwe akekwaho gufatanya n’umukiriya we bagakubita umukozi yakoreshaga mu kabari, ndetse abakozi barimo n’uwakubiswe yakoreshaga mu kabari ke bavuga yabacuruje ku bagabo bazaga kukanyweramo.
Mutesi Diane uvuga yakubiswe ku cyumweru gishize nyuma yo kwanga kuryamana n’abakiriya, yabwiye BWIZA ko kwanga gucuruzwa byavuriyemo gukubitwa mu buryo bubabaza umubiri.
Yagize ati: “Yarambwiye ngo nzaze amagare y’abakiriya nyashyire aho nyacungira umutekano, noneho hashize akanya, arambwira ngo ‘Mutesi ngwino hano hari umukiriya ugushaka’, ndamubaza ngo ‘aranshaka mu buhe buryo’, arambwira ngo wowe ngwino kuko amafaranga yanjye yayampaye n’ayawe yayampaye. Narabyanze noneho hashize umwanya aravuga ngo ‘umukiriya abuze Telefoni kandi ni wowe wayibye’, batangira kunkubitira hanze banyinjiza muri iyo chambre uwo mukiriya yari aryamyemo.”
Mutesi akomeza agira ati: “Mabuja yanyambitse ubusa bankubita nambaye ubusa igice cyose, uwo mugabo yankubitaga umukoropesho n’imigeri ashaka no kwinjiza igisongo mu gitsina. Navuzaga induru abantu ntibatabare kugeza ubwo hari umuyobozi wahageze bituma n’abandi baza.”
Undi mukobwa w’imyaka 20 uvuka mu Murenge wa Gishari, Akagari ka Ruhunda na we wakoraga muri ako kabari, yabwiye BWIZA ko Umutesi Béyonce n’umugabo witwa Turatsinze ari bo bakubise Mutesi Diane bamushinja kwiba Telefoni y’uwo mugabo wari wasabye uwo mugore kumuha uwo mukozi we ngo baryamane.
Uwo mukobwa avuga nyuma yo kubona ikubitwa rya mugenzi we wari uhamaze iminsi itatu nawe yazindutse ataha mu gitondo cyo ku wa Mbere.
Yagize ati: “Nabonye uburyo Mabuja yafatanyije na Turatsinze bagakubita mugenzi wanjye, ngira ubwoba ndataha, kuko nabonaga ibyabaye kuri mugenzi wanjye nanjye bizambaho. Ikindi narebye uburyo nanjye yantegekaga kuryamana n’abakiriya ngo kugira ngo akabari ke kabone abakiriya, mbona ntazabivamo.”
Uyu mukobwa kandi avuga ko na we yategetswe kuryamana n’umukiriya ndetse amutegeka n’amafaranga ahembwa yo gusambana n’umukiriya wanywereye mu kabari ke.
Ati: “Ibyabaga hariya twategekwaga kuryamana n’umukiriya, kuko yavugaga ko tutabikoze amafaranga yo kuduhemba atazaboneka. Njye Yarambwiye ngo umukiriya yishyuye chambre ndetse nanjye arampa Frw 3,000, noneho nshaka kumunaniza ndamubwira ngo amwake Frw 10,000 kugira ngo ndebe ko namunaniza ahita ambwira ngo nutayafata utahe. Narayafashe turabikora, ariko mu by’ukuri nabikoze ntabishaka gusa natekerezaga ko ukwezi nikurangira azampemba nkitahira.”
Uwo mukobwa avuga ko Umutesi Beyonce asanzwe afite inzu irimo akabari ke ndetse akanagira indi irimo ibyumba bitatu bikorerwamo ubusambanyi n’abanywera muri ako kabari, ndetse ngo bamwe muri abo bakiriya yategetse abakozi be gukorana na bo imibonano mpuzabitsina.
Ku wa Kane ubwo BWIZA yageragezaga kuvugana na Umutesi ku byo ashinjwa n’abakozi be, yanze kugira icyo abivugaho, ahubwo abaza umunyamakuru inyungu abifitemo kugira ngo atange amakuru.
Ati: “Mu byubahiro byanyu, wenda ntagusuzuguye ni uko njyewe mwandeka ugashaka abandi baguha amakuru. Njyewe ntabwo ndi mu mwanya wo gutanga amakuru. Kandi n’uwo Mutesi, njyewe ndi umuntu ukora business, ntabwo ufite amata abura injangwe, ufite inyama ntabura imbwa. Ntabwo abaza iwanjye uzabitirira abakozi banjye.”
Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Umurenge wa Munyiginya, Mukantambara Brigitte, yabwiye iki gitangazamakuru ko Umutesi yafashwe.
Ati: “Wa mugore turamufashe, ubwo mwabwira uwo yakubise akaza agatanga ikirego Kuri station Gishari, ejo araba ari yo.”
Nk’uko bigaragara mu tegeko ryo mu mwaka wa 2018 ryo gukumira icuruzwa ry’abantu, uhamijwe icyo cyaha ahanishwa igihano kiri hagati hagati y’imyaka 10 na 15 ndetse agahanishwa n’ihazabu ya Frw miliyoni 10 kugeza kuri 15.


