thumbs_b_c_dbd72d773bf9a771a3d4d54d3bf4c96d

Sudani y’Epfo: Visi Perezida arashinja Uganda kurenga kuri embargo yafatiwe igihugu cye

Visi Perezida wa mbere wa Sudani y’Epfo, Riek Machar, yashinje Uganda kurenga ku cyemezo cy’Umuryango w’Abibumbye kibuza kwinjiza intwaro mu gihugu (embargo), yinjiza mu gihugu ingabo zirwanira mu kirere n’ibikoresho, ndetse no kugaba ibitero by’indege hirya no hino mu gihugu.

Mu ibaruwa yandikiye Umuryango w’Abibumbye, Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’akarere ka IGAD, Machar yavuze ko ibikorwa bya gisirikare bya Uganda muri Sudani y’Epfo byanyuranyije n’amasezerano y’amahoro yo mu 2018, arangiza intambara y’abenegihugu yamaze imyaka itanu.

Uganda yavuze ko yohereje ingabo muri Sudani y’Epfo mu ntangiriro z’uku kwezi bisabwe na guverinoma yaho, nyuma yo kongera guhungabana k’umubano w’imivurungano hagati ya Machar na Perezida Salva Kiir.

Mu ntangiriro za Werurwe, abashinzwe umutekano bakusanyije benshi mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Machar, nyuma y’imirwano yabereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu hagati y’ingabo z’igihugu n’umutwe witwara gisirikare ushingiye ku bwoko wiyise White Army, guverinoma ishinja Machar gushyigikira.

N’ubwo barwaniye hamwe mu kurwanya ingabo za Salva Kiir mu gihe cy’amakimbirane ya 2013-2018, ishyaka rya SPLM-IO rya Machar rihakana kugirana isano n’izi nyeshyamba.

Umuryango w’Abibumbye wo waburiye ko kwiyongera kw’imvugo zibiba urwango bishobora gusubiza igihugu mu ntambara ishingiye ku moko.
Uganda ifite impungenge ko haramutse hongeye kubura intambara mu gihugu cy’igituranyi cyo mu majyaruguru gikungahaye kuri peteroli bishobora kohereza impunzi nyinshi ku mupaka kandi bikaba bishobora guteza umutekano muke.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *