WhatsApp-Image-2025-03-26-at-7.27.31-PM-3

UPDF mu nzira zo gukaza ubufatanye n’u Bubiligi

Minisitiri w’ingabo n’ibikorwa by’abavuye ku rugerero wa Uganda, Hon. Jacob Oboth Oboth, yashimangiye akamaro ko gushimangira umubano wa Uganda n’u Bubiligi, cyane cyane mu bya gisirikare.

Ibi yabivugiye mu nama yagiranye na Hugues Chantry, Ambasaderi w’Ubwami bw’u Bubiligi muri Uganda, wasuye icyicaro gikuru cya Minisiteri y’Ingabo i Mbuya.

Hon. Oboth yagaragaje ko yishimiye ubufatanye u Bubiligi bumaze igihe kinini bufitanye na Uganda kandi ashimangira ko igihugu cyiyemeje kurushaho kunoza ubufatanye mu bya gisirikare nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Minisiteri y’Ingabo ya Uganda.

Hon. Oboth yavuze ko umubano ukomeye wa Uganda n’abaturanyi bayo bituma iba umwihariko kandi ashimangira ko gushimangira ubwo bucuti bishobora “kongera ubwumvikane.”

Ambasaderi Hugues Chantry we yashimangiye ko gukomeza ubufatanye hagati y’ibihugu byombi bizatanga umusaruro ushimishije kandi agaragaza ko afitiye icyizere igika gishya mu bufatanye na Guverinoma ya Uganda.

Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi benshi bo mu nzego zo hejuru, barimo Umuyobozi wungirije w’ingabo, Lt Gen Sam Okiding; Umuyobozi mukuru w’ibikorwa bihuriweho, Maj Gen Jack Bakasumba; Umuyobozi wungirije ushinzwe umutekano , Brig Gen Abdul Rugumayo; Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe kurinda amakuru rusange, Col Chris Magezi na Attaché militaire muri Ambasade y’u  Bubiligi i Bujumbura, Col Michel Recour, n’abandi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *