1743684413870

APR WVC yatangiye neza irushanwa nyafurika

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR WVC, yatangiye neza irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagore, itsinda Club Féminin de Carthage (CFC) yo muri Tunisia amaseti 3-1 (18-25, 26-24, 25-23, 25-22).

Uyu mukino wabereye i Abuja muri Nigeria kuri uyu wa Kane, tariki ya 3 Mata 2025. APR WVC yatangiye umukino igorwa, itsindwa iseti ya mbere ku manota 25-18.

Nyuma y’iyo ntangiriro itoroshye, ikipe y’Ingabo yagarutse mu mukino, itsinda iseti ya kabiri ku manota 26-24. Iyi ntsinzi yayihaye imbaraga zo gukomeza gukina neza, itsinda n’iset ya gatatu ku manota 25-23.

Iseti ya kane yari ingenzi kuri buri ruhande, aho CFC yasabwaga gutsinda kugira ngo igaruke mu mukino, mu gihe APR WVC nayo yashakaga gushyiraho itandukaniro. Iyi kipe ihagarariye u Rwanda yayikinnye neza, iyitsinda ku manota 25-22, bityo yegukana umukino ku maseti 3-1.

APR WVC iri mu itsinda A hamwe na CFC yo muri Tunisia, NCS yo muri Nigeria na MKE yo muri Cameroun.

Indi kipe ihagarariye u Rwanda, Police WVC, iri mu itsinda D hamwe na Kenya Pipeline yo muri Kenya, OMD yo muri Côte d’Ivoire na LTV yo muri Cameroun. Police WVC izakina umukino wayo wa mbere kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Mata 2025, ihura na Kenya Pipeline.

Iki gikombe cya Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagore cyatangiye kuri uyu wa Kane, gitegerejwemo imikino ikomeye izahuza amakipe akomeyeku mugabane.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *