Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR WVC, yatangiye neza irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagore, itsinda Club Féminin de Carthage (CFC) yo muri Tunisia amaseti 3-1 (18-25, 26-24, 25-23, 25-22).
Uyu mukino wabereye i Abuja muri Nigeria kuri uyu wa Kane, tariki ya 3 Mata 2025. APR WVC yatangiye umukino igorwa, itsindwa iseti ya mbere ku manota 25-18.
Nyuma y’iyo ntangiriro itoroshye, ikipe y’Ingabo yagarutse mu mukino, itsinda iseti ya kabiri ku manota 26-24. Iyi ntsinzi yayihaye imbaraga zo gukomeza gukina neza, itsinda n’iset ya gatatu ku manota 25-23.
Iseti ya kane yari ingenzi kuri buri ruhande, aho CFC yasabwaga gutsinda kugira ngo igaruke mu mukino, mu gihe APR WVC nayo yashakaga gushyiraho itandukaniro. Iyi kipe ihagarariye u Rwanda yayikinnye neza, iyitsinda ku manota 25-22, bityo yegukana umukino ku maseti 3-1.
APR WVC iri mu itsinda A hamwe na CFC yo muri Tunisia, NCS yo muri Nigeria na MKE yo muri Cameroun.
Indi kipe ihagarariye u Rwanda, Police WVC, iri mu itsinda D hamwe na Kenya Pipeline yo muri Kenya, OMD yo muri Côte d’Ivoire na LTV yo muri Cameroun. Police WVC izakina umukino wayo wa mbere kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Mata 2025, ihura na Kenya Pipeline.
Iki gikombe cya Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagore cyatangiye kuri uyu wa Kane, gitegerejwemo imikino ikomeye izahuza amakipe akomeyeku mugabane.



