GridArt_20250407_91805620

Ukekwaho kwica Muhongerwa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yatawe muri yombi 

Umugabo wo mu karere ka Bugesera ukekwaho kwica Muhongerwa Chantal wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatawe muri yombi.

Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo yemejwe na Polisi y’igihugu.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Muhongerwa wari ufite imyaka 47 y’amavuko akanaba umubyeyi w’abana bane yiciwe mu nzira ari gutaha.

Ku wa Gatandatu tariki ya 5 Mata umurambo we wabonwe mu gihuru n’umuturanyi we warimo yahira ubwatsi mu mudugudu wa Kabaha, akagari ka Kanzenze ho mu murenge wa Ntarama.

Polisi y’igihugu ibicishije ku rubuga rwayo rwa X, yemeje ko umwe mu bakekwaho kwica Muhongerwa wishwe ashinyaguriwe yatawe muri yombi.

Iti: “Aya makuru twayamenye kandi twamaze gufata umuntu umwe ucyekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu gihe iperereza rigikomeje.”

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yabwiye itangazamakuru ko uwatawe muri yombi anakekwaho kuba ahuriye n’ubujura bw’amafaranga Muhongerwa yari yaragujije muri Banki yibwe.

Meya Mutabazi yunzemo ati: “Aya ni amakuru y’ibanze, iperereza riracyakomeje.”

Muhongerwa yishwe mu mbere y’amasaha make ngo u Rwanda rwibuke ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi; ibyatumye urupfu rwe rushengura abatari bake.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *