101848048-452323882

Israel yemeje ko ingabo zayo zarashishije igifaru umukozi wa Loni

Igisirikare cya Israel ku wa Kane cyemeje ko mu kwezi gushize ingabo zacyo ziciye muri Gaza Strip umukozi w’Umuryango w’Abibumbye, nyuma yo kumurashisha igifaru.

Uyu mukozi yishwe ku wa 19 Werurwe ubwo ingabo za Israel zarasaga zikanangiza inyubako ya Loni iherereye mu gace ka Deir al-Balah.

Icyo gihe igisirikare cya Israel cyahise gihakana cyivuye inyuma ko ingabo zacyo zitigeze zirasa kuri iriya nyubako.

Icyakora IDF ku wa Kane yatangaje ko nyuma yo gukora iperereza, amakuru y’ibanze yagaragaje ko ingabo zayo zishe umukozi wa Loni, nyuma yo kwibeshya ko inyubako zarasheho yarimo “umwanzi”.

Mu itangazo yasohoye yagize iti: “Inyubako yarashweho nyuma y’uko isuzuma rigaragaje ko yarimo umwanzi, ndetse ingabo ntizamenye ko yari iya Loni.”

Israel yavuze ko yisegura ku byabaye, inihanganisha umuryango w’umukozi w’Umuryango w’Abibumbye ingabo zayo zishe.

Uwishwe nk’uko Umuryango w’Abibumbye wabyemeje yitwa Marin Valev Marinov, akaba akomoka muri Bulgaria. Igitero cyamuhitanye kandi cyakomerekeyemo bagenzi be batanu.

Marinov yishwe nyuma y’umunsi umwe Israel isubukuye ibitero ku mutwe wa Hamas yari imaze amezi abiri yaremeranyije na wo agahenge.

Nyuma ya kiriya gitero Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yahise asaba ko hakorwa iperereza ryuzuye ku byabaye.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru Israel yemeje ko amakosa y’ubunyamwuga yakozwe n’ingabo zayo yatumye mu kwezi gushize hapfa abakozi 15 bakoraga ibikorwa by’ubutabazi bose biciwe muri Gaza.

Ni mu gihe imibare itangwa na Minisiteri y’Ubuzima yo muri Gaza ivuga ko kuva Israel isubukuye ibitero kuri uyu mujyi imaze kwica abaturage babarirwa mu 1,978; barimo 50 bivugwa ko baguye mu bitero Israel yagabye ku wa Kane.

Ni imibare icyakora bigoye kugenzura, bijyanye no kuba iriya Minisiteri ikorera mu kwaha kwa Hamas.

Israel ku ruhande rwayo ivuga ko ikomeje kotsa igitutu Hamas, kugira ngo uyu mutwe urekure abantu 59 wafashe bugwate, barimo 24 bitekerezwa ko bakiri bazima.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *