Ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 2-1, mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona amakipe yombi yari yasubukuye kuri uyu wa Gatatu.
Umukino w’amakipe yombi yari wasubitswe ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, nyuma y’imvururu zatejwe n’abafana ba Rayon nyuma yo kutishimira ibyemezo by’umusifuzi.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo umukino w’amakipe yombi wasubukuwe uhereye ku munota wa 57 wari wahagarariyeho. Wahereye kandi ku bitego 2-0 Bugesera yari ifite.
Mu minota 37 yakinwe Rayon Sports yatsindiwe igitego na myugariro Bugingo Hakim, gusa nticyari gihagije ngo iyi kipe yegukane intsinzi.
Gutsindwa uyu mukino byatumye Rayon Sports ifata umwanya wa kabiri n’amanota 59, irushwa abiri na APR FC ya mbere.


