maxresdefault (1)

Rayon Sports yasinyishije umutoza mushya shampiyona irangiye

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ko Afhamia Lotfi, wahoze atoza Mukura Victory Sports, ari we mutoza mushya w’iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Perezida wa Rayon Sports, Thaddée Twagirayezu tariki ya 30 Gicurasi 2025, yavuze ko uyu mutoza aje kuyobora ikipe mu rugamba rushya rwo guhatanira ibikombe, birimo icya shampiyona ndetse n’amarushanwa nyafurika.

Yagize ati: “Turifuza Rayon Sports nshya itwara ibikombe, ishingiye ku mbaraga, icyerekezo no kwitwara neza.” Yongeraho ko abafana bagomba kwitega ikipe izabatera ishema, ihatanira n’igikombe cya CAF Confederation Cup.

Rayon Sports kandi yatangaje ko umunsi w’abafana bayo, “Rayon Sports Day”, uzaba hagati ya tariki ya 26 Nyakanga na 9 Kanama 2025 i Kigali, mu rwego rwo guhuriza hamwe abafana n’abayobozi.

Afhamia Lotfi azwiho gukinisha umupira usatira no gutanga amahirwe ku bakinnyi bakiri bato. Ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko bwizeye ko ubunararibonye bwe buzafasha iyi kipe kwisubiza icyubahiro cyayo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *