Raporo ikubiyemo ibyabaye ku itariki ya 22-23 Gashyantare mu gace ka Goma, ngo iratanga ishusho y’ihohoterwa ryakozwe mu gihe amakimbirane amaze iminsi yiyongera.Muri raporo ya yo, Human Rights Watch yagize iti: “Abayobozi n’abarwanyi bategetse cyangwa bakoze ihohoterwa mu buryo butaziguye bagomba kubiryozwa.”
Inyeshyamba za M23 zafashe imijyi ibiri minini mu burasirazuba bwa Congo, Goma na Bukavu, mu bitero byatangiye muri Mutarama. Iterambere ritigeze ribaho ngo ryahitanye abantu ibihumbi kandi rihatira ibihumbi amagana guhunga. Raporo ivuga ko ku itariki ya 22 Gashyantare, abasivili 21 bishwe barimo abagabo batandatu n’umugore umwe barashwe mu mutwe hafi y’ikigo cya gisirikare cya Katindo i Goma. HRW yavuze ko M23 ari yo yabikoze nk’uko yabibwiwe n’umutangabuhamya.
Mu bihe bitandukanye, M23 kandi ngo yishe abantu bajugunya imirambo yabo ahantu gakorwa ubwubatsi muri metero zitageze ku 100 uvuye mu kigo. HRW yavuze ko muri bo harimo umwana w’imyaka 15 wavanywe iwabo nyuma baza gusanga yarapfiriye aho, nk’uko HRW yabitangarijwe na mwene wabo n’umuturanyi. HRW yavuze ko agace ka Kasika ka Goma kari katewe kubera ko mbere kari karimo ibirindiro by’Ingabo za Congo.
Ubugizi bwa nabi ngo bwakomereje mu baturanyi nyuma y’umunsi umwe ku itariki ya 23 Gashyantare ubwo M23 yakusanyirizaga abasore bagera kuri 20 ku kibuga cy’imikino cyari hafi aho. Umutangabuhamya yabwiye HRW ko inyeshyamba za M23 zashinje abo basore kuba mu gisirikare. Batatu bagerageje guhunga bararashwe.
Umuyobozi wa M23 yavuze ko uyu mutwe ugiye gusuzuma ibyo birego hanyuma ukazatangaza ibyavuyemo.Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangarije Reuters ati: “HRW iduha amahirwe yo kwisuzuma. Twubaha uyu muryango nubwo ibirego byawo byashize byagaragaye ko ari ibinyoma.”
HRW yavuze kandi ko abakozi mu by’ubuvuzi bavuga ko imirambo irenga 50 yakusanyijwe mu gace ka Kasika mu gihe cy’iminsi ibiri. Indi miryango yatangaje mbere ibyaha bikomeye byakorewe mu burasirazuba bwa Congo kuva M23 yafata uduce twinshi. Amnesty International muri Werurwe yavuze ko inyeshyamba zagabye ibitero mu bitaro i Goma zishaka abasirikare ba Congo bakomeretse kandi zitwara abantu 130 barimo n’abita ku barwayi. Benshi ngo barahohotewe kandi bamwe baracyabura.


