8c552806-03d1-43c2-8fd3-e3196d18605e-1024x576

Tshisekedi yaba yemereye Fayulu umwanya ukomeye muri Guverinoma

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yaba yaramaze kwemeranya na Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe ko azamugira Minisitiri w’Intebe.

Tshisekedi amaze iminsi yiyegereza abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe ngo bakore Guverinoma bahuriyeho bise iy’ubumwe bw’igihugu.

Ni icyemezo Tshisekedi yafashe, nyuma yo kubona ko abenshi mu banye-Congo bari batangiye kumutera umugongo ubwo ingabo za Leta ye zari zimaze gutsindwa n’inyeshyamba za M23, zigatakaza ibice byinshi by’igihugu.

Tshisekedi yafashe icyemezo cyo gushyiraho Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanye-Congo mu rwego rwo gufatanya n’abatamwumva kuvana Congo mu bibazo irimo.

Amakuru avuga ko mu bo yamaze kwigarurira harimo Fayulu wemeye kumuyoboka, nyuma yo kumwemerera ko azamugira Minisitiri w’Intebe.

Tshisekedi na Fayulu mu busanzwe ntibajyaga imbizi, bijyanye no kuba uyu wa kabiri ashinja mukeba we kuba yaramwibye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2018.

Ku wa Gatanu Tshisekedi biciye muri Tina Salama usanzwe ari umuvugizi we, yatangaje ko yemeye ubusabe bwa Fayulu bw’uko bahura, mu rwego rwo “kurokora Repubulika ibyago bibangamira inzego zacu n’ubusugire bw’igihugu.”

Ni Tshisekedi kandi washimye Fayulu kubera icyo yise gukunda RDC amaze igihe agaragaza.

Byari nyuma y’uko uyu mugabo yari yamugeneye ubutumwa amumenyesha ko ashaka guhura na we, bakagirana ibiganiro bitaziguye bigamije gushakira umuti ikibazo kiriho ubu.

Ati: “Rwose, niba bisaba gupfa kugira ngo Congo yongere ivuke, tuzapfe. Ariko urupfu rwacu ruzagire umumaro. Reka intambara yacu ibe iyo kuzura igihugu.”

Tshisekedi na Fayulu batangaje ko bateganya guhura, mu gihe hari andi makuru avuga ko mu mpera z’icyumweru gishize bahuye bakagirana ibiganiro by’ibanga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *