20250603_193226

APR FC yahuye n’umutoza mushya bapfa amafaranga

Amakuru yizewe agera ku bitangazamakuru bitandukanye yemeza ko Nabil Maâloul, umutoza w’umunya-Tunisia wamamaye mu mupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika no ku rwego mpuzamahanga, ari mu Rwanda aho yahuye n’abayobozi ba APR FC kuri uyu wa kabiri.

Nk’uko byemejwe n’inshuti za hafi z’uyu mutoza ndetse n’uwari mu bayobozi bagiranye ibiganiro na we, Maâloul yahuye n’abayobozi ba APR FC kuri Minisiteri y’Ingabo (MINADEF).

Bivugwa ko uyu mutoza yamaze gutanga igiciro cye miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda ku kwezi, kugira ngo abe yatoza iyi kipe y’ingabo z’igihugu. Muri ayo mafaranga yazajya anihembeta itsinda ry’abatoza bazamufasha.

Nabil Maâloul afite izina rikomeye, aho yigeze gutwara igikombe cya CAF Champions League mu 2011 ari kumwe na Espérance Sportive de Tunis, ndetse anatoza ikipe y’igihugu ya Tunisia ayigeza muri FIFA World Cup 2018.

APR FC ikomeje gushaka umutoza ukomeye ushobora gufasha ikipe gutera intambwe ikomeye ku rwego rwa Afurika, nyuma y’imyaka ihora ihatanira kugera kure mu mikino nyafurika ariko akavamo hakiri kare.

Amakuru yemeza ko impande zombi zitaragera ku mwanzuro wa nyuma, ariko ibiganiro birakomeje, ndetse uruhande rwa APR FC ruracyasesengura ibikenewe kugira ngo hafatwe icyemezo cya nyuma.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *