Ibihugu by’Afurika bishobora kwibasirwa na Coronavirus

Mu myaka 30 ishize, umubare w’indwara z’ibyorezo ziterwa na virusi kandi zikwirakwira byihuse ugenda wiyongera umunsi ku munsi muri izo ndwara twavuga nka coronavirus yahagurukije Isi ariko ikaba yarahereye mu Bushinwa.

Ikinyamakuru The africareport cyagaragaje bimwe mu bihugu by’Afurika bifite amahirwe menShi yo gushegeshwa n’iki cyorezo cya CoranaVirus.

Nk’uko ikarita yakozwe n’iki kinyamakuru ibigaragaza, hari ibihugu byagaragajwe bishobora kwibasirwa n’iyi Virus bise “COVID-19”.

Ibi babishingira ku ku kuba hari Abanyafurika benshi basubijwe ku butaka bakomokaho nyuma y’aho Ubushinwa bwibasiwe n’iki cyorezo aho abasaga 60.000 batashye nk’uko ishami ry’Umuryango w’Abibumbye wita ku buzima (WHO/OMS) ubigaragaza.

OMS ikomeza ivuga ko hari Abanyafurika benshi bafite iyi virusi gusa bikaba bikigoye kuba wayibona mu murwayi kuko ubushakashatsi bwagaragaje ko umubiri w’Umunyafurika bigoye kuba wafatwa byoroshye n’iyi virusi bityo ko utapfa kumenya umubare nyawo wabamaze kuyandura.

Gusa kugeza ubu ibihugu birimo: Côte d’Ivoire, Burkina Faso,Somalia, Chad, Central African Republic na Mauritania bigirwa inama yo kuba maso.

Tariki 31 Ukuboza 2019 ni bwo byatangajwe ku mugaragaro ko Umujyi wa Wuhan wagaragyemo iyi virusi kuva ubwo abaturage batuye uwo mujyi ndetse n’igihugu cyose bakomeje kugira impungenge mu gihe iyi virus ikomeje gukwirakwira.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *