Iran mu ijoro ryacyeye yarashe za missiles nyinshi kuri Israel, mu rwego rwo kwihimura ku bitero karahabutaka iki gihugu cyayigabyeho mu rucyerera rw’ejo ku wa Gatanu.
Ibitero bya Israel byashegeshe cyane Iran, kuko usibye gusenya ibikorwa remezo byayo yifashishaga mu gutunganya intwaro kirimbuzi; byaniciwemo abenshi mu bari abayobozi b’igisirikare cyayo ndetse n’abahanga benshi muri siyansi.
Ambasaderi wa Iran mu muryango w’Abibumbye yatangaje ko abantu 78 ari bo bishwe, na ho ababarirwa muri 320 barakomereka.
Mu kwihimura, ku mugoroba wo ku wa Gatanu Iran yarashe missiles nyinshi zirasirwa kure (ballistic missiles) mu bice bitandukanye bya Israel.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana ibisasu byinshi bya Iran biraswa ku mijyi ya Tel Aviv ya Yeluzalemu; ndetse muri iyi mijyi yombi hagiye humvikana amaturika akomeye cyane.
Ibi bisasu byarashwe mu byiciro bitandukanye, birakurikira igitero cya drones z’ubwiyahuzi Iran yagabye kuri Israel ku wa Gatanu.
Kugeza ubu biragoye kumenya cyane uko ibyangijwe na biriya bitero bya Iran bingana.
Icyakora amakuru y’ibanze yerekana ko abanya-Israel 40 barimo babiri bakomeretse cyane ari bo bari kwitabwaho n’abaganga, nyuma yo gukomeretswa na biriya bitero.
Ambasaderi wa Israel muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi yemeje ko hari umugore umwe biriya bitero byahitanye.
Igisirikare cya Israel (IDF) mu butumwa cyanyujije ku rubuga rwacyo rwa X, cyavuze ko cyarimo gikora mu “gushwanyuza ibisasu aho biri ngombwa”, mu rwego rwo kwirinda ko byateza ingaruka zikomeye.
IDF kandi yateguje abanya-Israel ko Iran ishobora kugaba ibindi bitero; ibasaba kuba hafi y’ahantu hatekanye.
Hagati aho Umuryango w’Abibumbye biciye mu munyamabanga Mukuru wawo, Antonio Guterres, yasabye Israel na Iran guhagarika umwuka mubi bagatanga agahenge.
Gutteres yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Israel kurasa ahatunganyirizwa ingufu za Nucléaire muri Iran, Iran na yo ikarasa za missiles kuri Tel Aviv. Umwuka mubi urahagije. Ni igihe cyo guhagarara. Amahoro na dipolomasi bikwiye kuganza.”
Abayobozi b’ibihugu bitandukanye byo mu burengerazuba bw’Isi barangajwe imbere na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bagaragaje ko Israel ifite uburenganzira bwo kwirinda mu gihe ibona ko umutekano wayo ugeramiwe na Iran.
Ku rundi ruhande ibihugu byinshi byo ku mugabane wa Aziya birangajwe imbere na Pakistan byamaganiye kure ibitero bya Israel kuri Iran, biyiteguza ko byanga bikunze igomba kuzabyishyura.


