Njyewe naciye imyeyo nkiri muto, biraryoha cyane iyo umugabo arimo gukozaho igitsina- Umubyeyi w’abana babiri

Uwamurera Germaine ni umubyeyi ubyaye kabiri akaba avuga ko guca mu rubohero [Guca imyeyo cyangwa se Gukuna] bifite akamaro kanini mu kubaka urugo, ngo kuko iyo waruciyemo undyohera umugabo mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.

Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV, Germaine yaduhishuriye uburyo na we yaciye mu rubohero ubu akaba anezeza umugabo we bamaze kubyarana kabiri. Aha ni naho ahera akebura n’abandi bagore batarasobanukirwa n’iri banga.

Yagize ati “Nabikoze nkiri umwana, ni uburyo bwo gushimisha umugabo mu buriri, iyo agukozeho bimufasha gutera akabariro neza kandi na we bikagufasha kwishima,aba yumva utandukanye n’utabifite, ashobora gukozaho intoki akaresa cyangwa agakozaho igitsina”.

Arakomeza atubwira ko mu gihe cyo kunyaza umugore muri mu gikorwa cy’imibonano, uwaciye imyeyo biba akarusho. Ni byinshi yaganiriye na Bwiza Tv, reba iyo Video iragufasha gusobanukirwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *