2023-11-01T092538Z_442766543_RC2TDX9I0775_RTRMADP_3_ISRAEL-PALESTINIANS-IRAN-KHAMENEI-1698834050

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yasubije Trump wamusabye kuyamanika

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayotallah Ali Khamenei, yateye utwatsi ubusabe bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wasabye igihugu cye kuyamanika mu ntambara gihanganyemo na Israel.

Ku wa Kabiri tariki ya 17 Kamena ni bwo Trump yasabye Iran “kuyamanika nta mananiza”, nyuma yo kuyibwira ko ukwihangana kwa Amerika kuri kugenda kurangira.

Khamenei mu ijambo yavuze kuri uyu wa Gatatu ryatambutse kuri Televiziyo ya Leta ya Iran, yavuze ko igihugu cye kidateze kuyamanika nk’uko Trump yabyifuje.

Ati: “Abantu b’abanyabwenge bazi Iran, [bazi] igihugu cya Iran ndetse n’amateka yacyo, ntibazigera babwira iki gihugu mu mvugo yuje gutera ubwoba kubera ko igihugu cya Iran kitazigera na rimwe kimanika amaboko.”

Yakomeje agira ati: “Abanyamerika bakwiye kumenya ko uruhare rwose rwa gisirikare rwa Amerika [mu ntambara yo muri Iran] nta gushidikanya ko ruzaherekezwa n’igihombo kidasanika.”

Khamenei yakuriye Trump inzira ku murima, mu gihe hari amakuru avuga ko Amerika yaba iri kwitegura kwinjira muri iriya ntambara.

Kuri uyu wa Gatatu ubwo indege z’intambara zari zirimo kurasa i Tehran, ibihumbi by’abanya-Iran batuye muri uriya mujyi barimo bahunga.

Ni nyuma yo gusabwa na Amerika kuva muri uriya mujyi.

Igisirikare cya Israel kuri uyu wa Gatatu cyatangaje ko cyifashishije indege z’intambara 50 mu kurasa mu hantu habarirwa muri 20 muri Iran.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *