Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko ihagarikwa ry’imirwano “ryuzuye” hagati ya Israel na Iran “ ryemeranyijwe rwose”.
Trump avuga ko biteganijwe ko imirwano itangira guhagarara mu masaha ari imbere ibihugu byombi “bimaze gucururuka no kurangiza iterambere ryabyo n’ubutumwa bugikomeje bwa nyuma!”
Trump yatangaje mu butumwa yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwe bwite, Truth Social, ko aya masezerano atangira kubahirizwa mu byiciro mu masaha arenga 24. Yongeyeho kandi ko nibimara kuzura, bizashyira “iherezo ” ku ntambara imaze iminsi 12.
Trump yanditse ati: “Iran izatangira CEASEFIRE kandi, ku isaha ya 12, Israel izatangira CEASEFIRE, maze ku isaha ya 24, ni Iherezo ku mugaragaro ry’INTAMBARA Y’IMINSI 12 rizashimwa n’Isi.”
Nta gihugu na kimwe muri ibi bihanganye cyemeje ko imirwano ihagarara, gusa Iran ivuga ko niba Israel ihagaritse ibitero byayo, Iran nayo izahagarika ibitero byayo. Israel yo ntiratanga ibisobanuro ku byatangajwe na Trump.


