trump

Trump yahaye Israel gasopo

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaburiye bikomeye Israel kuri uyu wa Kabiri, abategeka guhagarika ibitero kuri Iran no gusubiza indege z’intambara iwabo bidatinze.

Ibi yabitangaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, aho yagize ati: “Israel, ntimutere ibyo bisasu. Nimuhite musubiza abapilote banyu inyuma.”

Trump yavuze ko Israel iramutse ikomeje ibitero byayo yaba irenze ku masezerano y’agahenge yari amaze kugerwaho hagati y’impande zombi. Uyu ni wo mwanya wa mbere Trump agaragaje uburakari ku gihugu cy’inshuti ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri aka karere.

Mbere yo kujya mu nama ya NATO i La Haye, Trump yabwiye abanyamakuru ko impande zombi zarenze ku masezerano y’agahenge, ariko yagaragaje ko atishimiye cyane imyitwarire ya Israel. “Israel igomba gutuza.”

Ibi bibaye mu gihe Israel na Iran buri ruhande rushinja urundi kurenga ku masezerano y’agahenge yari amaze amasaha macye asinywe. Israel yatangaje ko Iran yayirasheho ibisasu 20 mbere y’uko agahenge gatangira, mu gihe Iran yo yahakanye ibyo birego.

Ibitero bimaze gutwara ubuzima bw’abantu benshi, barimo abaturage b’abasivili n’abasirikare ku mpande zombi, ndetse ibyemezo bya Israel byo kongera ibitero byashoboraga kurushaho kuzamura intambara.

Perezida Trump yasoje yibutsa ko agahenge kakiriho kandi ko indege za Israel zigomba guhita zisubira mu gihugu cyazo.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *