Kaina na Muhoozi

Col Kaina yaba afungiwe muri Uganda

Amakuru akomeje gucicikana muri mu ntara ya Ituri muri Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)  , aravuga ko Col Kaina Innocent wari umaze igihe ashinze umutwe witwa Forces Nationale pour la Libération du Congo (FNLC), yaba afungiwe muri Uganda.

Amakuru agera kuri bwiza avuga ko hashize iminsi Col Kaina aburiwe irengero,nyuma y’uko byavuzwe ko yahamajwe n’umukuru wigisirikare cya Uganda Gen Muhoozi, nyuma yo kuva mu rugendo yakoreye I Kinshasa akanabonana perezida Tshisekedi, rwasize UPDF igiranye amasezerano hagati yayo na fardc.

Imboni yacu iri mu ntara ya Ituri, ivuga ko ababa hafi ya Col Kaina bemeza aya makuru, bamuheruka tariki ya 24 Kamena 2025.  Ati “Afande twamuburiye irengero kuko aheruka kuwa 24/06/2025 nibwo yaduhamagaye atubwira ko yagezeyo.” Kuva Kaina yagera muri Uganda ntawe urongera kumenya amakuru ye. Bwiza izakomeza ikurikirane aya makuru.

Mu mpera za Werurwe uyu mwaka ni bwo Col. Kaina yashinze CNLC mu rwego rwo gushyira iherezo ku “myitwarire y’ubutegetsi bwa Kinshasa irangwa no kuba butarajwe ishinga n’imibabaro abanye-Congo baterwa n’imiyoborere mibi idashingiye ku ndangagaciro.”

Mu byo Kaina n’umutwe we banenga Leta ya Kinshasa, harimo ruswa, icyenewabo, kugura abo ishaka kwiyegereza, guta muri yombi abantu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, itoteza ndetse n’amacakubiri.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *