Uganda:Pasiteri wakiriye Bobi Wine mu rusengero yatawe muri yombi

Umushumba w’urusengero rwitwa True Worship Centre mu gihugu cya Uganda, Pasiteri Andrew Muwanguzi yatawe muri yombi ashinjwa gukoresha inama itemewe.

Uyu mushumba akimara gufatwa yabanje gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Jinja aho yamaze isaha imwe nyuma akimurirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamuli.

Mu kwezi kwa Werurwe mu mwaka ushize wa 2019 uyu mushumba yakiriye umukuru w’ishyaka People’s Power Movement, Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine mu rusengero rwe True Worship Centre ruri muri aka gace ka Kamuli.

Uyu muvugabutumwa yafashwe nyuma yo kuva mu kiganiro kigaragara kuri Televiziyo ku mugoroba wo kuwa Gatandatu ahita ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Jinja mbere y’uko ajyanwa ku ya Kamuli.

Mu byaha Muwanguzi ashinjwa harimo kwakira abayobozi b’amatorero,abanyapolitiki n’abavuga ko baharanira uburenganzira bwa muntu iwe mu gace kitwa Bukikimbo muri Werurwe 2019 atabimenyesheje Polisi y’iki gihugu.

Uyu muvugabutumwa yabwiye Itangazamakuru ko ifungwa rye ritamutunguye kubera Bobi Wine yaramusuye atabimenyesheje Polisi.

Umuvugizi wa Polisi mu gace k’Amajyaruguru ya Busoga Michael Kasadha yavuze ko Muwanguzi akurikiranyweho gukoresha inama atabimenyesheje Polisi nk’uko biteganywa n’amategeko y’iki gihugu agenga rubanda. Yagize ati”Iperereza rirakomeje icyarivuyemo kizatangazwa kuwa Mbere.”

Nyuma ya Lt Gen Henry Tumukunde,abatavuga rumwe na Leta ya Uganda n’abakorana na bo bakomeje gufatwa no gukorwaho iperereza mu gihe iki gihugu kitegura amatora muri 2021.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *