Hari amakuru avuga ko muri teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo haherutse kuvuka umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda witwara gisirikare.
Ibitangazamakuru byiganjemo ibyo hanze y’u Rwanda bivuga ko uyu mutwe witwa FIAR (Force Impartiale pour l’Avenir du Rwanda), ugizwe n’urubyiruko rubarizwa mu Rwanda, mu karere no ku isi muri rusange.
Uyu mutwe ngo uharanira impinduka zishingiye ku ngengabitekerezo y’imibanire myiza ndetse na demukarasi, ukaba uyobowe na Major Bamaso J.Bosco, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo, Captain Niyigena Gabriel n’abakomiseri batanu.
FIAR ni umutwe uje wiyongera ku yindi irimo FDLR, RUD Urunana, CNRD, FLN ndetse na P5 yose irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.
FIAR ivutse mu gihe imwe muri iyi mitwe yashegeshwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FARDC) kuva mu mpera za 2019, bamwe bakaba barabifashe nk’iherezo ryayo kuko byageze aho bamwe mu barwanyi bayo bafashwe mpiri, boherezwa mu Rwanda.

Ifoto: Inyeshyamba mu ishyamba riherereye muri RD Congo/interineti


