385379

Walikale: Ba ‘Commanders’ ba M23 baba bashimuswe na Wazalendo

Abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yise Wazalendo, baravugwaho gushimuta abasirikare bakuru babiri b’umutwe wa M23.

Bariya ba ‘Commanders’ ngo bayoboraga ingabo za M23 ziri ahitwa Misinga, muri Groupement ya Ikobo ho muri Teritwari ya Walikale.

Ikinyamakuru ACTUALITÉ kivuga ko bashimuswe na Wazalendo mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere tariki ya 30 Kamena, ubwo bari bageze mu gace gahuza imidugudu ya Kirumburumbu na Muuli bari mu rugendo.

Iki gitangazamakuru kandi kivuga ko abagihaye amakuru nta myirondoro ya bariya basirikare ba M23 bigeze bagiha, gusa ngo nyuma yo gushimutwa bahise bajyanwa mu birindiro bikuru bya Wazalendo biri ahitwa Buhimba.

M23 ntacyo iratangaza kuri aya makuru.

Andi makuru avuga ko ku wa Mbere ingabo za M23 zakoze umukwabu mu mashyamba yo muri Kirumburumbu na Muuli mu rwego rwo guhiga abari babashimutiye abayobozi, gusa ntibagira n’umwe babona.

Kugeza mu masaha y’umugoroba nta makuru y’abashimuswe yari yakamenyekanye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *