bitmap_1200_nocrop_1_1_20231027184358529866_Otage1

DRC: ADF yarekuye Abaturage 23 yari yaragize imbohe mu gace ka Mambasa

Ejo ku wa Kabiri tariki ya 1 Nyakanga 2025, nibwo umutwe w’inyeshyamba wa ADF (Allied Democratic Forces) warekuye abantu 23 bari baragizwe imbohe n’ uyu mutwe, mu gace ka Mambasa, Intara ya Ituri nkuko amakuru atangwa n’ inzego z’ umutekano muri aka gace abivuga.

Abarekuwe barimo abagore n’abana, bose baje bagaragara nk’abafite intege nke nyuma y’iminsi bari bamaze mu mashyamba bari mu maboko y’abo barwanyi ba ADF umutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Uganda ukorera mu mashyamba ya Congo.

Biravugwa kandi ko aba baturage barekuwe ku bushake bw’abo barwanyi, ahazwi nka Elake, agace gakunze kuberamo imirwano ndetse n’ubugizi  bwa nabi bukozwe n’ uyu mutwe wa ADF.

Aka gace ka Elake kandi ni ahantu hakunda kubera ibikorwa by’iterabwoba, aho abaturage basahurwa imitungo yabo, abandi bagahohoterwa bagafatwa bugwate.

Ibi bibaye nyuma y’uko, mu cyumweru gishize na none, abarwanyi ba ADF bagabye igitero ku muri aka gace ka Elake abarwanyi 2 bo mu mutwe wa Maï-Maï bahasiga ubuzima, ibintu byinshi by’abaturage birasahurwa, abagera kuri 50 bagirwa imbohe.

Ni imirwano yatumye  n’abaturage biyemeza kwirwanaho mgo bacubye iki gitero k’izi nyeshyamba, ariko ADF ibarusha imbaraga, ibagirira nabi bamwe irabica abandi ibasiga ari intere.

Abayobozi b’inzego z’ibanze muri Mambasa batangaje ko ADF ikomeje kugendagenda mu mashyamba y’ako gace yitwaje intwaro, kandi ko hakiri abandi baturage basaga 20 bafashwe bugwate bagifite muri ayo mashyamba.

Abarekuwe abatangaje ko ubuzima bw’abo baturage basigayeyo buri mu kaga gakomeye cyane, aho bamwe kuri ubu barwaye kandi barembeye ahantu badashobora kubona ubuvuzi ndetse, ndetse n’ inkomere nyinshi.

Abaturage banana bakomeje gusaba ingabo za FARDC gukora ibishoboka byose aba baturage bagizwe imbohe bakabohozwa, kandi uyu mutwe bakawurandura burundu muri aya mashyamba ya Mambasa no kugarurira ituze abaturage batuye muri ibi bice.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *