bfc4ea0954c0db41e2a3ae1464a928074598c4651749bb39bcf1ce9c9a78ec79

Israel yemeye agahenge k’iminsi 60 muri Gaza

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Israel yemeye “ibisabwa bikenewe” kugira ngo yemere iminsi 60 yo guhagarika imirwano muri Gaza.

Mu butumwa yanditse ku rubuga rwe nkoranyambaga, Truth Social, Perezida Trump yavuze ko mu gihe cyo guhagarika imirwano biteganijwe ko Amerika “izakorana n’imande zose kugira ngo Intambara irangire”.

Trump yaranditse ati: “Abanya Qatar n’Abanyamisiri bakoze cyane kugira ngo bafashe kuzana Amahoro, bazatanga icyifuzo cya nyuma. Ndizera ko … Hamas izemera aya masezerano…”

Igihugu cya Israel ntabwo kiremeza niba koko cyemeye ibisabwa kugira ngo amasezerano abeho, kandi nta bisobanuro byatanzwe na Hamas.

Iri tangazo rya Trump rije mbere y’inama na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, iteganijwe mu cyumweru gitaha, aho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko “azavuga akomeje”.

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 1 Nyakanga 2025, Perezida Donald Trump yavuze kandi ko yizera ko Benjamin Netanyahu ashaka guhagarika imirwano muri Gaza.

Israel yatangije igitero cya gisirikare muri Gaza nyuma yo kugabwaho igitero na Hamas mu majyepgo y’igihugu ku itariki ya 7 Ukwakira 2023, ikica abantu bagera ku 1200. Minisiteri y’Ubuzima muri Palestine iyobowe na Hamas ivuga ko kuva icyo muri Gaza hamaze kwicwa byibuze abantu 56,647.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *