220419122827-javelin-missile-delivery-0222

Amerika yahagaritse kohereza intwaro zimwe muri Ukraine

Amerika iravuga ko yahagaritse kohereza intwaro zimwe muri Ukraine zasezeranijwe ku butegetsi bwa Joe Biden, mu gihe u Burusiya bwakajije umurego mu bitero kuri Ukraine.

Mu byo Amerika yari yemeye mu gihe cya Biden, harimo ibisasu bitandukanye byo gushimangira ubwirinzi bwa Ukraine, ubu birimo kongera gusuzumwa mu gihe Pentagon yongeye gusuzuma urwego rw’intwaro igihugu gifite mu bubiko.

Iki cyemezo gishobora kwerekana impinduka mu byihutirwa ku butegetsi bwa Perezida Donald Trump nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Ku wa Kabiri, Umuvugizi wa White House, Anna Kelly, mu magambo ye yagize ati: “Iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gushyira inyungu za Amerika imbere nyuma yo gusuzuma inkunga ya gisirikare n’ubufasha igihugu cyacu gitanga ku bindi bihugu ku Isi.”

Isuzuma ry’imbere mu gihugu ryakozwe na Minisiteri y’ingabo ya Amerika ngo ryasanze ububiko bumwe na bumwe “buri hasi cyane” ku buryo bidashoboka kwihutira kohereza intwaro muri Ukraine, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri Amerika utifuje gutangazwa amazina, nk’uko Politico yabitangaje bwa mbere ivuga ku nkunga za gisirikare zahagaritswe.

Umuvugizi wa Pentagon, Sean Parnell, we yagize ati: “Igisirikare cya Amerika nta gihe cyigeze kiba tayari kandi gifite ubushobozi nk’ubu.”

Politico n’ibindi bitangazamakuru byo muri Amerika byatangaje ko misile za sisitemu zo kurinda ikirere za Patriot, intwaro za rutura zirasa kure zidahusha zizwi nka “precision artillery” na misile za Hellfire biri mu ntwaro zitacyoherejwe muri Ukraine.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *