Minisitiri w’Intebe wa Tanzaniya, Kassim Majaliwa, yatangaje ko atazongera guhatanira gutorwa mu matora y’abadepite ateganijwe, ibi bikaba binamubuza kongera gushyirwa ku mwanya yari amazeho imyaka 10.
Majaliwa yari yavuze mbere ko azarengera umwanya we mu inteko ishinga amategeko ku nshuro ya kane mu matora ateganyijwe mu Kwakira mbere yo gutangaza ku buryo butunguranye kuri uyu wa Gatatu ushize ko yabivuyemo.
Uyu mugabo w’imyaka 64 yagizwe minisitiri w’intebe mu 2015 kandi yagaragaraga nk’uzasimbura nyakwigendera Perezida John Magufuli nyuma y’urupfu rwe mu 2021.
Yagumye kuri uwo mwanya ku butegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan, ushaka kugumana umwanya wa perezida ku iturufu y’ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM).
Majaliwa, wari uhagarariye mu nteko Akarere ka Ruangwa ku nkombe z’inyanja kuva mu mwaka wa 2010, yavuze ko icyemezo cye kiyobowe n’Imana kandi ko yagifashe “nta buryarya”.
Majaliwa atiriwe avuga byinshi ku mpamvu yamuteye gufata iki cyemezo ati: “Igihe kirageze cyo guha abandi amahirwe yo kwishyira hamwe no gushingira ku musingi w’iterambere twashyizeho.”
Ibi bije nyamara nyuma y’icyumweru kimwe gusa Majaliwa avuze ko azahatanira indi manda mu nteko.
Yari yabwiye kandi abaturage ba Ruangwa muri Nzeri unwaka ushize ko azongera kwiyamamaza, ari naho bamwe bahera bemeza ko gufata iki cyemezo mu buryo butunguranye byaba bifitanye isano no kurwanira ubutegetsi mu ishyaka riri ku butegetsi.
Majaliwa yavuze ko azakomeza kuba umuyobozi mukuru muri CCM kandi ko ashyigikiye kandidatire ya Perezida Samia Suluhu.
Muri Tanzaniya, minisitiri w’intebe ayobora ibikorwa bya guverinoma mu nteko kandi ashyirwaho na perezida amutoranyije mu badepite batowe.
Majaliwa abonwa nk’umuyobozi utuje ariko ushikamye, aho ashimirwa ko yafashije gutuma ubuyobozi bukomeza mu ituze nyuma y’urupfu rwa Magufuli.
Uyu wahoze ari umwarimu yaje kuba umuntu ukomeye mu ishyaka rya CCM ryayoboye Tanzaniya kuva mu 1977. Yabaye minisitiri ku butegetsi bw’uwahoze ari perezida, Jakaya Kikwete.
Majaliwa aje akurikira Visi-Perezida Philip Mpango, watangaje muri Gicurasi ko avuye muri politiki.
Abasesenguzi bavuga ko kuva mu nzira kw’abanyapolitiki bombi bakuru biha Perezida Samia umwanya wo kurushaho kugenzura ishyaka CCM no gutegura manda ye ya kabiri.
Umusesenguzi mu bya politiki, Nicodemus Minde, yatangarije BBC ko iki cyemezo gishobora kuba kimwe mu byifuzo bya Samia cyo gushimangira uburinganire bw’uturere hejuru muri guverinoma ye naramuka atsinze amatora. Avuga kandi ko yaba ashishikajwe no kwerekana uburinganire bw’amadini kuko we na Majaliwa bombi ari Abayisilamu mu gihugu kiganjemo Abakristu.
Undi musesenguzi, Ezekieli Kamwaga, yavuze ko Majaliwa ashobora kuba yarifuzaga kuruhuka.
Ati: “Hari ikintu kigomba kuba cyaramuteye guhindura igitekerezo cye cyo kongera kwiyamamariza uwo mwanya. Amaze imyaka 10 ari minisitiri w’intebe, wenda yumva ko bihagije”.
Igihugu cya Tanzania kiritegura amatora y’abadepite na perezida, aho ishyaka CCM ryiteze kugumana ubutegetsi.
Ishyaka nyamukuru ritavuga rumwe n’ubutegetsi, CHADEMA, ryabujijwe kwitabira amatora kubera ko ryanze kwemera amahame agenga amatora yashyizweho ahubwo rikavuga ko ryifuza ko habaho ivugurura mu migendekere y’amatora.
Abanyapolitiki bakuru ba CHADEMA batawe muri yombi ndetse bivugwa ko abantu benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi bashimuswe baricwa.
Kuri uyu wa Kane, itariki 3 Nyakanga, guverinoma yamaganye amakuru y’umugambi wo kuroga umuyobozi wa CHADEMA, Tundu Lissu, ukurikiranweho icyaha cy’ubuhemu mu rukiko.
Ni nyuma y’mpungenge zagaragajwe na CHADEMA ku bijyanye n’umutekano wa Tindu Lissu aho ari mu maboko ya polisi.
Ariko mu itangazo rye, Umuvugizi wa Guverinoma, Gerson Msigwa, yavuze ko abategetsi ba Tanzaniya “batigeze bagira umugambi wo kuroga umuntu uwo ari we wese ufunzwe, cyangwa ubushake bwo kugirira nabi umuntu uwo ari we wese”.
Msigwa yaburiye ko guverinoma izafatira ibyemezo abagize uruhare mu gutangaza no gukwirakwiza amakuru “y’ibinyoma” bose.


